BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Amakuru mashya avugwa muri Rayon Sports

Amakuru mashya avugwa muri Rayon Sports

admin
Last updated: December 20, 2022 12:35 am
admin
Share
SHARE

Umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports, Haringingo Francis Christian uzwi nka Mbaya, ahamya ko iyi kipe ikiri mu ntego zayo ndetse ko gutsindwa na APR FC bidakwiye kuba byacitse.

Abakunzi ba Rayon Sports bibukijwe ko gutsindwa na APR FC nta byacitse yabaye

Ibi yabivuze nyuma yo gutsindwa na APR FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona. Ibi byatumye haza igitutu kuri Haringingo utoza iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda.

Aganira n’itangazamakuru nyuma y’umukino, uyu mutoza yibukije abakunzi ba Rayon Sports ko gutsindwa na mukeba nta byacitse ihari kuko ikipe ikiri umukandida w’igikombe cya shampiyona.

Ati “Imikino yose ni amanota atatu. Intego ni igikombe. Turacyari abakandida natwe. Ni imikino y’agapingane kandi natwe tuba twifuza kuzitsinda. Ariko intego ya mbere ni ugutwara igikombe, iya kabiri ni ukuzitsinda. Nibaza ko iya mbere tukiyiriho, iya kabiri kandi haracyari imikino yo kwishyura.”

N’ubwo uyu mutoza avuga ibi ariko, hari ibyavuzwe ko yaba yibukijwe ko atari kwitwara neza kandi mu gihe byakomeza gutya byatuma ikipe itakaza amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona.

 

Andi makuru avugwa muri Rayon Sports

Andi makuru aturuka mu baba hafi cyane ya Rayon Sports, avuga ko Haringingo yasabwe gutsinda umukino wa Gasogi United wo ku munsi wa 15 wa shampiyona, atawutsinda bikaba byamuviramo gutakaza akazi.

Ikindi cyazanye akantu gasa n’umwuka mubi nyuma yo gutsindwa na APR FC ni ukuba ngo Haringingo Francis yasabwe kudakinisha Nishimwe Blaise ndetse babyumvikanyeho, ariko bikarangira amukinishije bitunguranye, ndetse ikipe igatsindwa igitego ku ikosa ryamuturutseho.

Kuri ibyo ariko umutoza avuga ko nta byacitse ihari, ndetse ko kwegukana igikombe bigishoboka ahubwo bisaba gusenyera umugozi umwe, kandi abafana bakibuka ko ubu ari bwo ikipe ibakeneye kurusha ikindi gihe.

Amakuru aturuka imbere muri Rayon Sports, avuga ko izongeramo abakinnyi batatu barimo Umwarabu, ngo ashobora kuba Yusseif Rharb cyangwa undi. Abakinnyi iyi kipe ikeneye bigenjemo abakina mu busatirizi.

Gusa uko izinjiza abakinnyi uko bazaba bangana kose, izarekura abatarayihaye umusaruro yabifuzagaho.

Rayon Sports ubwo yatsindwaga na mukeba, APR FC, byatumye ihita itakaza umwanya wa mbere kuko AS Kigali ari yo yahise iwufata n’amanota 30 mu gihe Rayon ya kabiri ifite amanota 28.

Haringingo na Rwaka ntabwo bimeze neza

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • MUGABO says:
    December 20, 2022 at 5:55 pm

    Bafana ba Rayon nkuko umutoza abivuga ubu nibwo mukenewe, nta byacitse ikipe ntiri mu mwanya mubi, mwiyitererana kuko igifite amahirwe menshi yo kuba yatwara igikombe. Gusa muri phase retour niyongeremo izindi mbaraga kuko abakinnyi dufite bashobora kutagera ku ntego yo gutwara igikombe.

    Reply
  • Rugamba says:
    December 20, 2022 at 11:22 pm

    Mwabujije Umutoza kudakinisha Blaise ,none se Umutoza mwamuzaniye ilki? Mwayitoreje bikagira inzira

    Reply
  • Nzabandora says:
    December 21, 2022 at 9:52 am

    Ariko njye mbona hari igihe tunanaiza abatoza tugatuma badakora neza akazi kabo. Umutoza mpamya ko ariwe uba ubona neza icyo buri mukinnyi ashoboye kurusha undi wese kuko aba afite imisesengurire y’umukino iri hejuru. Iyo umuntu yikoze akabwira umutoza ngo ntukinishe uyu mukinnyi n’ubwo yaba umwe mu bayobozi b’ikipe aba ashingiye ku ki kitari amatiku no kwivanga mu kazi k’umutoza. Abatoza bacu baritonda ahandio yahita anasezera. Ntabwo rwose aribyo. Haringingo mumuhe amahoro. Niba kandi mushaka no kumusezerera kubw’ibyo hari ingingo zimurengera muzamuhe ibyo mumugomba agende mushake agatebo muyoresha ivu!

    Reply

Leave a Reply to MUGABO Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
Imikino

Camarade ari mu mazi abira nyuma yo gutangariza perezida wa Gorilla FC

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?