BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gen Kazura yakiriye itsinda ry’abasirikare bakuru mu ngabo za Zambia

Gen Kazura yakiriye itsinda ry’abasirikare bakuru mu ngabo za Zambia

admin
Last updated: October 6, 2022 1:35 am
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanza Gen Jean Bosco Kazura yakiriye mu biro bye itsinda ry’abasirikare bakuru 13 mu gisirikare cya Zambia bari kumwe n’itsinda ribaherekeje.

Itsinda ry’Ingabo zo muri Zambia ziri mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 5 Ukwakira 2022 ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku Kimihurura nibwo Gen Kazura yakiriye aba basirikare bakuru bari mu rugendo shuri mu Rwanda.

Iri tsinda ry’abasirikare bakuru ni bamwe mu bari guhererwa amasomo ya gisirikare mu ishuri rikuru rya Zambia Defence Services, Command and Staff College, bakaba bayobowe na Col Edmond Mbilika.

Col Edmond Mbilika yavuze ko mu rugendo shuri rw’icyumweru bazagirira mu Rwanda bazasura inzego za leta zinyuranye mu rwego rwo kwagura imikorere y’igisirikare cyabo.

Ubwo basuraga icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda bakaba basobanuriwe urugendo rw’impinduka kuva urugamba rwo kubohora igihugu rurangiye ndetse hanahagaritswe Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Aba basirikare bakuru mu ngabo za Zambia bakaba baramaze gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali aho bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside ndetse bagashyira indabo ku mva, banasuye kandi Ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside n’ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama mu Karere ka Musanze.

Biteganyijwe ko bazanasura Zigama CSS, Horizon Ltd n’Ibitaro Bikuru bya Gisirikare biri i Kanombe.

U Rwanda na Zambia ni ibihugu bisanzwe bifitanye umubano mwiza,  ibi bigaragazwa n’uruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriye muri iki gihugu hagati ya tariki 4-5 Mata uyu mwaka aho rwasize hashyizwe umukono ku masezerano agera kuri arindwi harimo ajyanye n’ubucuruzi, ubukerarugendo, ubutwererane, ubuvuzi, ubuhinzi n’ubworozi.

Aba basirikare bunamiye Abatutsi bazize Jenoside yabakorewe 1994


NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?