BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gen Kazura yakiriye itsinda ry’abasirikare bakuru mu ngabo za Zambia

Gen Kazura yakiriye itsinda ry’abasirikare bakuru mu ngabo za Zambia

admin
Last updated: October 6, 2022 1:35 am
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanza Gen Jean Bosco Kazura yakiriye mu biro bye itsinda ry’abasirikare bakuru 13 mu gisirikare cya Zambia bari kumwe n’itsinda ribaherekeje.

Itsinda ry’Ingabo zo muri Zambia ziri mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 5 Ukwakira 2022 ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku Kimihurura nibwo Gen Kazura yakiriye aba basirikare bakuru bari mu rugendo shuri mu Rwanda.

Iri tsinda ry’abasirikare bakuru ni bamwe mu bari guhererwa amasomo ya gisirikare mu ishuri rikuru rya Zambia Defence Services, Command and Staff College, bakaba bayobowe na Col Edmond Mbilika.

Col Edmond Mbilika yavuze ko mu rugendo shuri rw’icyumweru bazagirira mu Rwanda bazasura inzego za leta zinyuranye mu rwego rwo kwagura imikorere y’igisirikare cyabo.

Ubwo basuraga icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda bakaba basobanuriwe urugendo rw’impinduka kuva urugamba rwo kubohora igihugu rurangiye ndetse hanahagaritswe Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Aba basirikare bakuru mu ngabo za Zambia bakaba baramaze gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali aho bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside ndetse bagashyira indabo ku mva, banasuye kandi Ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside n’ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama mu Karere ka Musanze.

Biteganyijwe ko bazanasura Zigama CSS, Horizon Ltd n’Ibitaro Bikuru bya Gisirikare biri i Kanombe.

U Rwanda na Zambia ni ibihugu bisanzwe bifitanye umubano mwiza,  ibi bigaragazwa n’uruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriye muri iki gihugu hagati ya tariki 4-5 Mata uyu mwaka aho rwasize hashyizwe umukono ku masezerano agera kuri arindwi harimo ajyanye n’ubucuruzi, ubukerarugendo, ubutwererane, ubuvuzi, ubuhinzi n’ubworozi.

Aba basirikare bunamiye Abatutsi bazize Jenoside yabakorewe 1994


NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?