BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gatsibo: Abajura bagiye kwiba muri Kiliziya

Gatsibo: Abajura bagiye kwiba muri Kiliziya

admin
Last updated: November 3, 2022 4:53 pm
admin
Share
SHARE

Abajura bitwikiriye ijoro bica inzugi za Kiliziya Gatolika ya Santarali ya Gakenke muri Paruwasi ya Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, biba ibirimo inkongoro ya Padiri n’amafaranga ibihumbi 52 Frw.

Santarali Gakenke yigabijwe n’abajura biba n’inkongoro ya Padiri

Ibi byabaye mu ijoro rishyira ku wa 02 Ugushyingo 2022, Umurenge wa Kiramuruzi, Akagari ka Gakenke mu Mudugudu wa Umurehe, ubwo aba bajura bicaga inzugi z’iyi kiliziya, abantu bihitiraga bakaza kubibona mu rukerere n’umuzamu atamenye ibyo aribyo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kiramuruzi, Vestine Yankulije yahamirije UMUSEKE iby’ubu bujura ndetse avuga ko umuzamu w’iyi Kiliziya yamaze gutabwa muri yombi akekwaho kuba inyuma y’ubu bujura.

Yagize ati “Ubujura bwabaye mu masaha y’ijoro, bwabonywe n’abantu mu rukerera bajya mu mirimo yabo, babona urugi rurakinguye bahamagara umuzamu batik o hakinguye aho ni amahoro, bagezemo basanga bibye ibintu bitandukanye.”

Mu bintu byibwe muri iyi Santarali ya Gakenke harimo inkongoro ya Padiri n’agasahane kayo, ibihumbi 52Frw, inyungururamajwi (Mixeur) ebyiri, indangururamajwi eshanu harimo ebyiri zidafite imigozi, insakazamajwi (Speaker) ebyiri n’imigozi yazo, ndetse n’izindi nsinga bakoreshaga bajyana umuriro kure.

Ibi byose bikaba bifite agaciro ka amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni imwe n’ibihumbi Magana atatu (Frw 1,300,000).

Umuzamu wacungaga umutekano wa Santarali Gakenke witwa Mwizerwa Phocas yahise atabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, kugira ngo hakorwe iperereza niba ntaho yaba ahuriye n’ubu bujura.

Yankurije Vestine uyobora uyu Murenge wa Kiramuruzi yavuze ko aka gace ari ahantu haba urujya n’uruza rw’abantu ku buryo hatabura abajuru ndetse hari nabob agenda bafata bagafungwa, aha akaba ariho ahera asaba abaturage kurushaho gucunga umutekano w’ibyabo.

Abanyamadini nabo yabibukije ko badakwiye guterera iyo, ahubwo bagakurikirana abazamu babo, dore ko muri uyu Murenge urundi rusengero rw’itorero rya ADEPR naryo urusengero rwabo rwibwe n’abantu batamenyekanye batoboye uru rusengero.

Yibutsa kandi urubyiruko gukura amaboko mu mifuka bagakora, aho gushaka kurya batakoze kuko mu bagiye bafatirwa muri ibi bikorwa biganjemo urubyiruko rufite imbaraga zo gukora.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?