BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubukungu > Gatsibo : Abahinzi bijejwe gushakirwa amasoko y’umusaruro w’ibihingwa byabo

Gatsibo : Abahinzi bijejwe gushakirwa amasoko y’umusaruro w’ibihingwa byabo

sam
Last updated: June 20, 2024 8:28 am
sam
Share
SHARE

Ubuyobo bw’akarere ka Gatsibo buravuga ko bugiye gushaka amasoko y’ibikomoka ku buhinzi nyuma y’aho ubuhinzi bukorerwa mu nkengero z’ikiyaga cya Muhazi bukomeje gutanga umusaruro mu buryo bushimishije, kuko no mu gihe cy’izuba ubu buhinzi bukorwa hakoreshejwe uburyo bwo kuhira hagamijwe kwihaza mu biribwa.

Umuyobozi w’aka karere Gasana Richard aganira na RBA yijeje abaturage bakora ubuhinzi ko ubuyobozi bw’akarere buzakomeza kubaba hafi bubashakira amasoko y’ umusaruro w’ibihingwa byabo .

Ati: “Amasoko y’ibikomoka kuri ubu buhinzi arahari, gusa iyo bigiye ku isoko usanga bihenze cyane, hari ikigo cy’igihugu gishinzwe kujyana ibikomoka ku buhinzi mu mahanga, urumva ko isoko rihari , ariko uwaba afite ikibazo cy’isoko nawe twafatanya, ntabwo umunyarwanda yakora ikigamije kumuteza imbere ngo kimuhombere tubireba”.

Yongeyeho kandi ko hakoreshejwe ingengo y’imari y’igihugu umusaruro w’abahinzi ugurwa ukajyanwa mu kigega cy’igihugu gishinzwe gutabara ahagize ibibazo .

Bamwe mu bahinzi bo mu mirenge y’aka karere ikora ku kiyaga cya Muhazi ariyo Kiramuruzi , Gasange na Murambi bishimira ko ubu bari gukora ubuhinzi bwa kinyamwuga, ubu babona umusaruro ushimishije kurusha mbere batarabona ibikoresho bigezweho byo kwifashisha mu buhinzi.

Muhawenimana Samweli kimwe na bagenzi be, bavuga ko mbere batarabona ibikoresho bigezweho nta musaruro ufatika babonaga.

Ati: “ Umusaruro warabonekaga ariko wari muke cyane, kuko twakoreshaga ibikoresho byo kuvomesha intoki, bigatuma umuntu ahinga ku buso buto bitewe n’imbaraga ze uko zingana umusaruro ukaba muke cyane “.

Muri iyi mirenge ikora ku kiyaga cya Muhazi bahawe ibikoresho bigezweho bizamura amazi birimo impombo zizamura amazi imusozi ndetse n’urugomero rw’amazi rubafasha kuhirira imyaka yabo mu gihe cy’impeshyi.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubukungu

Ibiciro byazamutseho 6,3% muri Gashyantare 2025

2 Min Read
Ubukungu

BNR yagumishije urwunguko rwayo kuri 6,5%

3 Min Read
Ubukungu

Ibiciro ku masoko yo mu Rwanda byazamutse ku kigero cya 7,4% muri Mutarama 2025

1 Min Read
Mu Rwanda

Ibiciro  ku masoko yo mu Rwanda byazamutse ku kigero cya 5% mu kwezi k’Ugushyingo 2024- NISR

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?