BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 19, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

admin
Last updated: August 17, 2022 2:39 pm
admin
Share
SHARE

Sekanabo Valence w’imyaka 32 yari asanzwe ari umucuruzi mu Mudugudu wa Binunga,Akagari ka Murama,Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, yasanzwe yapfuye bikekwa ko yishwe n’abagizi ba nabi. Harakekwa umukozi wamukoreraga nk’uko ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE.

Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu gitondo

Uwaduhaye  amakuru , yavuze ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Kanama 2022, ari bwo nyakwigendera yasanzwe yishwe n’abagizi ba nabi akingiranye mu nzu.

Yagize ati “Ahantu ntuye, hari umucuruzi wahakoreraga yishwe bamukingiranye nijoro, ariko ntabwo haramenyekana abantu bamwishe. Yacuruzaga amandazi n’icyayi.Aho yakoreraga niho bamutsinze ariko birakekwa ko byaba byakozwe n’umukozi we.”

Umunyamabanga Nshinngwabikorwa  w’Umurenge wa Kinyinya,Havuguziga Charles, yabwiye UMUSEKE ko kugeza ubu inzego zishinzwe iperereza zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha zaritangiye ngo hamenyekane intandaro y’urwo rupfu.

Yagize ati “Harakekwa umukozi wakoranaga nawe kuko yasize urujyi arukinze.Ubu inzego zibishinzwe  ziri mu iperereza.Umuntu bari bamaranye icyumweru, nta makimbirane  adasanzwe bari bazi bari bafitanye.Iperereza ryatangiye , ubwo ni ugutegereza ibizava mu iperereza.”

Uyu muyobozi yasabye abaturage abaturage kujya babanza kumenya neza abakozi bakoresha, imyirondoro ye naho baturutse.

Yagize ati “Ubutumwa ni uko abantu bagomba kumenya abantu baturanye nabo, imyirondoro, bakamenya aho umuntu yari aturutse kuko ni umuntu wari umaze icyumweru cyimwe aho hantu.”

Yakomeje ati “Mbere y’uko ugira umukozi ukoresha, ukabanza ukamenya amateka ye n’ibyo yakoraga kugira ngo habaye ikibazo, abantu bamenye naho bashakira.”

Ubwo twakoraga inkuru, umurambo wa nyakwigendera wari ukiri aho yakoreraga.Umukozi ukekwa we ari gushakishwa n’inzego z’umutekano. Nyakwigendera asize umugore n’abana batatu.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa rimwe mu matorero akomeye muri Amerika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Werurwe 2026, Perezida…

Umunsi w’Ilayidi wamenyekanye

Ubuyobozi bukuru bw’ Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru…

Imikono y’igikombe cy’Isi cyizanyuzwa no kuri YouTube 

Mu gihe benshi bagorwa no kureba imikino itandukanye yo hanze y’u Rwanda…

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

Abadepite bo ku rwego rw’intara muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira…

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?