BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

admin
Last updated: August 17, 2022 2:39 pm
admin
Share
SHARE

Sekanabo Valence w’imyaka 32 yari asanzwe ari umucuruzi mu Mudugudu wa Binunga,Akagari ka Murama,Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, yasanzwe yapfuye bikekwa ko yishwe n’abagizi ba nabi. Harakekwa umukozi wamukoreraga nk’uko ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE.

Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu gitondo

Uwaduhaye  amakuru , yavuze ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Kanama 2022, ari bwo nyakwigendera yasanzwe yishwe n’abagizi ba nabi akingiranye mu nzu.

Yagize ati “Ahantu ntuye, hari umucuruzi wahakoreraga yishwe bamukingiranye nijoro, ariko ntabwo haramenyekana abantu bamwishe. Yacuruzaga amandazi n’icyayi.Aho yakoreraga niho bamutsinze ariko birakekwa ko byaba byakozwe n’umukozi we.”

Umunyamabanga Nshinngwabikorwa  w’Umurenge wa Kinyinya,Havuguziga Charles, yabwiye UMUSEKE ko kugeza ubu inzego zishinzwe iperereza zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha zaritangiye ngo hamenyekane intandaro y’urwo rupfu.

Yagize ati “Harakekwa umukozi wakoranaga nawe kuko yasize urujyi arukinze.Ubu inzego zibishinzwe  ziri mu iperereza.Umuntu bari bamaranye icyumweru, nta makimbirane  adasanzwe bari bazi bari bafitanye.Iperereza ryatangiye , ubwo ni ugutegereza ibizava mu iperereza.”

Uyu muyobozi yasabye abaturage abaturage kujya babanza kumenya neza abakozi bakoresha, imyirondoro ye naho baturutse.

Yagize ati “Ubutumwa ni uko abantu bagomba kumenya abantu baturanye nabo, imyirondoro, bakamenya aho umuntu yari aturutse kuko ni umuntu wari umaze icyumweru cyimwe aho hantu.”

Yakomeje ati “Mbere y’uko ugira umukozi ukoresha, ukabanza ukamenya amateka ye n’ibyo yakoraga kugira ngo habaye ikibazo, abantu bamenye naho bashakira.”

Ubwo twakoraga inkuru, umurambo wa nyakwigendera wari ukiri aho yakoreraga.Umukozi ukekwa we ari gushakishwa n’inzego z’umutekano. Nyakwigendera asize umugore n’abana batatu.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?