BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

admin
Last updated: August 17, 2022 2:39 pm
admin
Share
SHARE

Sekanabo Valence w’imyaka 32 yari asanzwe ari umucuruzi mu Mudugudu wa Binunga,Akagari ka Murama,Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, yasanzwe yapfuye bikekwa ko yishwe n’abagizi ba nabi. Harakekwa umukozi wamukoreraga nk’uko ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE.

Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu gitondo

Uwaduhaye  amakuru , yavuze ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Kanama 2022, ari bwo nyakwigendera yasanzwe yishwe n’abagizi ba nabi akingiranye mu nzu.

Yagize ati “Ahantu ntuye, hari umucuruzi wahakoreraga yishwe bamukingiranye nijoro, ariko ntabwo haramenyekana abantu bamwishe. Yacuruzaga amandazi n’icyayi.Aho yakoreraga niho bamutsinze ariko birakekwa ko byaba byakozwe n’umukozi we.”

Umunyamabanga Nshinngwabikorwa  w’Umurenge wa Kinyinya,Havuguziga Charles, yabwiye UMUSEKE ko kugeza ubu inzego zishinzwe iperereza zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha zaritangiye ngo hamenyekane intandaro y’urwo rupfu.

Yagize ati “Harakekwa umukozi wakoranaga nawe kuko yasize urujyi arukinze.Ubu inzego zibishinzwe  ziri mu iperereza.Umuntu bari bamaranye icyumweru, nta makimbirane  adasanzwe bari bazi bari bafitanye.Iperereza ryatangiye , ubwo ni ugutegereza ibizava mu iperereza.”

Uyu muyobozi yasabye abaturage abaturage kujya babanza kumenya neza abakozi bakoresha, imyirondoro ye naho baturutse.

Yagize ati “Ubutumwa ni uko abantu bagomba kumenya abantu baturanye nabo, imyirondoro, bakamenya aho umuntu yari aturutse kuko ni umuntu wari umaze icyumweru cyimwe aho hantu.”

Yakomeje ati “Mbere y’uko ugira umukozi ukoresha, ukabanza ukamenya amateka ye n’ibyo yakoraga kugira ngo habaye ikibazo, abantu bamenye naho bashakira.”

Ubwo twakoraga inkuru, umurambo wa nyakwigendera wari ukiri aho yakoreraga.Umukozi ukekwa we ari gushakishwa n’inzego z’umutekano. Nyakwigendera asize umugore n’abana batatu.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?