BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > France: X-Bow Man yasohoye indirimbo yitsa ku bukungu buri mu mazina Nyarwanda-VIDEO

France: X-Bow Man yasohoye indirimbo yitsa ku bukungu buri mu mazina Nyarwanda-VIDEO

admin
Last updated: September 23, 2022 5:10 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Nyarwanda Sibomana Daniel uzwi ku izina rya X-Bow Man usanzwe utuye mu Bufaransa, yasohoye indirimbo “Kebuka” ivuga ku gaciro k’ubuvanganzo Nyarwanda nyemvugo, asaba abantu guha agaciro amazina Nyarwanda.

Sibomana Daniel ukoresha izina rya X-Bow Man mu muziki 

Iyi ndirimbo igiye hanze nyuma y’indi yaherukaga gukora yise”Iwacu” yafatanyije n’abahanzi barimo Ben Kayiranga na Mc Monday.

Iyi ndirimbo nshya yise “Kebuka” yakozwe n’abarimo Samuel Kamanzi wacuranzemo Guitar, Umunya-Senegal Mansour Diaro ukorera mu Bufaransa na Producer Barrick wo mu Rwanda.

Ni indirimbo yahimbye igitekerezo cyivuye ku mazina y’Abanyarwanda harimo n’abo mu muryango we.

Mu kiganiro yagiranye n’UMUSEKE yavuze ko usibye kuba abantu bagakwiriye gutekereza ku migani ndetse n’insigamigani, asanga amazina Abanyarwanda bitwa afite agaciro gakomeye bityo ko yemeye kunyuza ubutumwa bwe busaba abantu kubizirikana.

Yagize ati “Mu mazina haba harimo ubutumwa bwinshi, ubwubaka, ubukebura, inyigisho zishobora guha imbaraga umuntu mu buzima bwe.”

Yakomeje agira ati“Niba umuntu yitwa Mbaraga iteka akavuga ngo sinzacika intege mu kazi. Niba yitwa Murenzi cyangwa Kirenga, akaba avuga ngo iteka nshaka guhora nkora ibintu by’Ikirenga.”

Iyi ndirimbo by’umwihariko yayikoze atekereza abakurambere be mu muryango we ariko n’abo mu miryango y’Abanyarwanda muri rusange.

Ati “Cyane cyane ba Sokuru nakuze batakiriho no kuyitura ba Nyogokuru bakiriho kandi nigiyeho byinshi, nshimira Mama umbyara na Mabukwe n’izindi nyigisho zikubiyemo.”

Uyu muhanzi ateganya gukora indirimbo nyinshi ziri mu rurimi rw’inyarwanda nubwo asanzwe akora izo mu zindi ndimi nk’igifaransa ndetse n’icyongereza, ni mu rwego rwo gusigasira umuco Nyarwanda.

X-Bow Man usanzwe ukora ubuhanzi n’ubugeni ndetse akaba yigisha gushushanya abakiri bato mu Bufaransa.

Afite intego zo gukomeza gushishikariza abakiri bato gukunda umuco Nyarwanda binyuze mu bihangano by’umuziki ndetse no gushushanya.

Amashusho y’indirimbo “Kebuka” yakozwe mu gihe cy’ikiruhuko afatanyije n’abo mu muryango we barimo umufasha we n’abana babo.

X-Bow Man afite izindi ndirimbo nka Respire,Prêt ou Pas Prêt, Iwacu yahurijemo abanyabigwi muri muzika Nyarwanda nka Ben Kayiranga, Mc Monday, J. Paterson, Blandine M na Belise U, Allô Frérot, The call of the life.

X-Bow Mn asanzwe afite impano yo gushushanya aho abyigisha abana bato mu gihugu cy’Ubufaransa

Reba hano indirimbo Kebuka ya X-Bow Man

Reba indirimbo Iwacu ya X-Bow Man yakoranye n’abarimo Ben Kayiranga

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?