BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Mukura irasabwa kwishyura Opoku miliyoni 11.3Frw bitarenze iminsi 45

Mukura irasabwa kwishyura Opoku miliyoni 11.3Frw bitarenze iminsi 45

admin
Last updated: October 24, 2022 3:45 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Mpuzamahanga y’Umupira w’Amaguru ku Isi [FIFA], yabwiye Mukura Victory Sport et Loisir ko igomba kwishyura rutahizamu William Opoku Mensah wirukanywe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

FIFA yategetse Mukura VS kwishyura Opoku Mensah miliyoni 11.3 Frw

Iyi kipe igomba kwishyura uyu rutahizamu asaga miliyoni 11.3 Frw bitewe no kuba nta mategeko yakurikijwe ubwo ikipe yamwirukanaga.

Ibikubiye mu byo FIFA yategetse Mukura kwishyura Opoku:

Kumwishyura ibihumbi 700 by’amafaranga y’u Rwanda batamwishyuye mu kwezi ku Ukwakira, 2021 n’andi angana nayo ibihumbi 700 y’ukwezi kwa Gicurasi, 2022 batamwishyuye nanone. Yongeye guhanishwa kwishyura uyu miriyoni 9.1 kubera guhagarika amasezerano nta mpamvu. Ikipe ya Mukura kandi igomba kwishyura uyu mukinnyi ibihumbi 800 yishyuye Visa.

Mu ibaruwa bandikiye umukinnyi igaragaza neza ko ubundi bujurire bwanzwe. Bahaye Mukura igihe kingana n’iminsi 45 yo kuba bamaze kwishyura Opoku Mensah wabatsinze. Nibatubahiriza igihe bahawe bazahagarikwa kugura abakinnyi baba ab’imbere mu gihugu ndetse n’abo hanze y’u Rwanda.

Opoku Mensah yinjiye muri Mukura tariki 27 Mata, 2021. Icyo gihe yasinyiye iyi kipe amasezerano y’imyaka ibiri.

Gusa nyuma y’umwaka umwe gusa, ikipe ya Mukura ntiyumvikanye n’uyu rutahizamu kubera ikibazo cy’imyitwarire, birangira umukinnyi yisubiriye iwabo mu gihugu cya Ghana.

Umukinnyi mbere y’uko asubira iwabo habanje kuvugwa ko nta ruhushya yari afite rumwemerera gukorera mu Rwanda, kuko icyo gihe uruhushya yari asanganywe rumwemerera kuba ari umukozi wemewe rwari rwararangiye. Yafashe icyemezo cyo kuva mu Rwanda bivugwa ko yataye akazi.

Umukinnyi akigera iwabo, yahise yandikira FIFA ayisaba kumurenganura nyuma yo gutandukana na Mukura mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ikirego cye cyarakiriwe nyuma yo kugenzura neza ibikubiye muri icyo kirego, Mukura yarandikiwe itegekwa kwishyura uyu mukinnyi kuko itubahirije ibyari bikubiye mu masezerano impande zombi zagiranye.

Imyanzuro ya mbere yandikiwe ikipe ya Mukura yarayijuririye itanga impamvu z’uko umukinnyi ari we wiyirukanye bari bagitegereje ikizava muri ubwo bujurire bwabo.

Ni rutahizamu wabanzagamo muri Mukura
Opoku yari yasinye imyaka ibiri muri Mukura VS

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
Imikino

Camarade ari mu mazi abira nyuma yo gutangariza perezida wa Gorilla FC

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?