BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Mukura irasabwa kwishyura Opoku miliyoni 11.3Frw bitarenze iminsi 45

Mukura irasabwa kwishyura Opoku miliyoni 11.3Frw bitarenze iminsi 45

admin
Last updated: October 24, 2022 3:45 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Mpuzamahanga y’Umupira w’Amaguru ku Isi [FIFA], yabwiye Mukura Victory Sport et Loisir ko igomba kwishyura rutahizamu William Opoku Mensah wirukanywe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

FIFA yategetse Mukura VS kwishyura Opoku Mensah miliyoni 11.3 Frw

Iyi kipe igomba kwishyura uyu rutahizamu asaga miliyoni 11.3 Frw bitewe no kuba nta mategeko yakurikijwe ubwo ikipe yamwirukanaga.

Ibikubiye mu byo FIFA yategetse Mukura kwishyura Opoku:

Kumwishyura ibihumbi 700 by’amafaranga y’u Rwanda batamwishyuye mu kwezi ku Ukwakira, 2021 n’andi angana nayo ibihumbi 700 y’ukwezi kwa Gicurasi, 2022 batamwishyuye nanone. Yongeye guhanishwa kwishyura uyu miriyoni 9.1 kubera guhagarika amasezerano nta mpamvu. Ikipe ya Mukura kandi igomba kwishyura uyu mukinnyi ibihumbi 800 yishyuye Visa.

Mu ibaruwa bandikiye umukinnyi igaragaza neza ko ubundi bujurire bwanzwe. Bahaye Mukura igihe kingana n’iminsi 45 yo kuba bamaze kwishyura Opoku Mensah wabatsinze. Nibatubahiriza igihe bahawe bazahagarikwa kugura abakinnyi baba ab’imbere mu gihugu ndetse n’abo hanze y’u Rwanda.

Opoku Mensah yinjiye muri Mukura tariki 27 Mata, 2021. Icyo gihe yasinyiye iyi kipe amasezerano y’imyaka ibiri.

Gusa nyuma y’umwaka umwe gusa, ikipe ya Mukura ntiyumvikanye n’uyu rutahizamu kubera ikibazo cy’imyitwarire, birangira umukinnyi yisubiriye iwabo mu gihugu cya Ghana.

Umukinnyi mbere y’uko asubira iwabo habanje kuvugwa ko nta ruhushya yari afite rumwemerera gukorera mu Rwanda, kuko icyo gihe uruhushya yari asanganywe rumwemerera kuba ari umukozi wemewe rwari rwararangiye. Yafashe icyemezo cyo kuva mu Rwanda bivugwa ko yataye akazi.

Umukinnyi akigera iwabo, yahise yandikira FIFA ayisaba kumurenganura nyuma yo gutandukana na Mukura mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ikirego cye cyarakiriwe nyuma yo kugenzura neza ibikubiye muri icyo kirego, Mukura yarandikiwe itegekwa kwishyura uyu mukinnyi kuko itubahirije ibyari bikubiye mu masezerano impande zombi zagiranye.

Imyanzuro ya mbere yandikiwe ikipe ya Mukura yarayijuririye itanga impamvu z’uko umukinnyi ari we wiyirukanye bari bagitegereje ikizava muri ubwo bujurire bwabo.

Ni rutahizamu wabanzagamo muri Mukura
Opoku yari yasinye imyaka ibiri muri Mukura VS

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?