BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > DRC: Imirwano yongeye kuba mishya hagati ya FARDC na M23 mu gace ka Lubero

DRC: Imirwano yongeye kuba mishya hagati ya FARDC na M23 mu gace ka Lubero

sam
Last updated: August 25, 2024 1:51 pm
sam
Share
SHARE

 

Kuri iki cyumweru tariki ya 25 Kanama, imirwano ikaze yongeye kuba , hagati y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, i Kikuvho, mu gace ka Lubero, mu majyaruguru ya Kivu.

Umutwe wa M23 wemeje ko iyi mirwano yongeye kuba mishya mu duce turimo  Katwa, Itwe, Kikubo, Ubangu kugera Kamandi.

Ni nyuma y’uko kandi Ku wa gatandatu ushize,  hari habaye imirwano ikaze yabereye i Kironko, hafi ya Buguri, mu gace ka Masisi, no mu majyaruguru ya Kivu.

Iyi mirwano mishya ije nyuma y’uko intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika iharanira demokarasi ya Congo zemeranyije agahenge ko guhagarika imirwano i Luanda. Inama ya gatatu ya minisitiri hagati y’intumwa z’u Rwanda n’iza DR Congo  yasojwe ku wa kane ushize i Luanda, muri Angola

Iyi nama yar iyobowe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola, Tete António,  Thérèse Kayikwamba Wagner, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Congo, na Olivier  Nduhungirehe, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda.

Guverinoma ya Kinshasa ikomeza gusaba u Rwanda kuvana ingabo za rwo ku butaka bw’iki gihugu no guhagarika inkunga rutera  kuri M23, ibintu rwamaganira kure ndetse rukemeza ko ikibazo cya Congo kitareba u Rwanda bityo nta mpamvu yo koherezayo ingabo zarwo.

Biteganijwe ko ibiganiro bizakomeza ku ya 9 na 10 Nzeri, hagati ya Congo n’u Rwanda mu buryo bwo gushakira umuti urambye  iki kibazo cy’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Congo.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

1 Min Read
Umutekano

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

2 Min Read
Umutekano

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?