BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > DRC: Imirwano hagati ya FARDC na M23 yongeye kubura

DRC: Imirwano hagati ya FARDC na M23 yongeye kubura

admin
Last updated: October 21, 2022 11:00 pm
admin
Share
SHARE

* ”Tuzagera hose intwaro z’umwanzi zivugira…”- Major Ngoma

Inyeshyamba za M23 n’ingabo za Leta ya Congo, FARDC byongeye kurasana mu minsi ibiri ishize, Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma yabwiye UMUSEKE ko FARDC n’imitwe iyifasha ari bo batangiye kubatera.

Major Willy Ngoma Umuvugizi wa M23

Mu kiganiro UMUSEKE wagiranye na Major Ngoma kuri uyu wa Gatanu, yatubwiye ko imirwano irimo kubera kuri Axe Sabinyo, ahitwa Rangira.

Ati “Ariko ni ingabo za Leta ya Congo zaduteye. Icyo dukora ni ukwitabara.”

Major Ngoma avuga ko Leta ifatanyije n’imitwe ya FDLR, NYATURA, na Mai Mai mu gutera ubwoba abaturage.

Yagize ati “Imirwano irakomeje. Leta yanze imishyikirano iyo ari yo yose na M23.”

Tumubajije niba baza kuguma Bunagana, aho bafashe mu mezi ane ashize, Major Ngoma yagize ati “Tuzajya aho ari ho hose intwaro z’umwanzi zivugira kugira ngo dushakire umutekano abaturage.”

Iyi mirwano mishya ibaye mu gihe ibihugu by’Akarere nka Kenya, Uburundi na Uganda byohereje ingabo muri Congo mu rwego rwo guhangana n’inyeshyamba zayogoje Uburasirazuba bwa kiriya gihugu.

Kenya ariko yo yavuze ko abasirikare bayo boherejwe muri Kivu ya Ruguru, batajyanywe no kurwanya inyeshyamba za M23 ko ahubwo bajyiye kubamo hagati y’abarwana kugira ngo ibiganiro by’amahoro bya Nairobi bikomeze hagati ya Leta na M23.

Inyeshyamba za M23 zivuga ko zirwanira uburenganzira bw’Abanyecongo babaye impunzi mu bihugu by’Akarere ariko Leta ikibazo ikakirengagiza.

Leta ya Congo yo ishinja u Rwanda ko rushyigikiye M23, ndetse ko ruyiha ibikoresho n’abayifasha ku rugamba.

U Rwanda ibi birego rurabihakana, rukavuga ko ari uburyo iki gihugu gihunga ibibazo gifite, ndetse rukayishinja gukorana n’inyeshyamba za FDLR zigizwe na bamwe mu bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Raporo ya Huma Right Watch iherutse kugaragaza ko ingabo za Congo FARDC zakoranye na FDLR kuva muri Gicurasi 2022.

Imirwano yo kuri uyu wa Gatanu yatangiye saa kumi n’imwe zishyira saa kumi n’ebyiri (5h50 a.m), irabera ahitwa Shwema mu gace ka Rangira kuri Km 7 hafi y’Umujyi wa Rutshuru.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • mustafa says:
    October 22, 2022 at 9:30 am

    m23.turayishyigikiye.nikubite.izobwa.za.

    Reply
  • Anonymous says:
    October 22, 2022 at 10:21 pm

    m23 nishikame irwane kuko ifite impamvu irwanir kand yunvikana turayishyi gikiy

    Reply

Leave a Reply to mustafa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?