Rutahizamu wa Liverpool n’Ikipe y’Igihugu ya Portugal, Diogo Jota, wari ufite imyaka 28, yitabye Imana aguye mu mpanuka y’imodoka.
Urupfu rw’uyu mukinnyi rwatangajwe n’itangazamakuru ryo muri Portugal kuri uyu wa Kane nyuma y’impanuka y’imodoka yabereye mu Ntara ya Zamora muri Espagne.
Bivugwa ko Jota yari mu modoka imwe n’umuvandimwe we, Andre, na we usanzwe ari umukinnyi w’imyaka 26, ubwo barengaga umuhanda.
Hari hashize ibyumweru bibiri Jota ashyingiranywe n’umukunzi we Rute Cardoso mu bukwe bwabereye i Porto.