BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Congo yapfubije umugambi w’iterabwoba i Kinshasa

Congo yapfubije umugambi w’iterabwoba i Kinshasa

admin
Last updated: January 12, 2023 2:45 pm
admin
Share
SHARE
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko yatahuye umugambi w’iterabwoba, wari kwibasira ahantu hatandukanye mu gihugu, bahatera ibiturika.
Umujyi wa Kinshasa wari kwibasirwa n’ibitero by’iterabwoba

Mu itangazo Leta ya Congo yashyize hanze kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Mutarama, 2023 ivuga ko uyu munsi ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kinshasa, hari hateguwe ibikorwa by’iterabwoba.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko ”ibyo bitero byari byateguwe ku baturage bafite amazina azwi, abasirikare bakuru, bigakorwa n’ibyihebe bibiri. Cyakora byaburijwemo bitarakorwa.”

Byari biteganyijwe ko ngo ibintu biturika bishyirwa mu modoka zitwara abantu n’ibiribwa.

Guverinoma yasabye abantu kuba maso by’umwihariko mu Misigiti, amaguriro (supermarket) hotel, mu nsengero, za Kaminuza ndetse n’ahandi hakunze kuba abanyacyubahiro.

Kugeza ubu ntihatangajwe amazina y’abari inyuma y’uwo mugambi mubisha.

Icyakora muri Congo habarirwa imitwe isaga 100 yitwajwe intwaro ariko kuri iyi nshuro umutwe wa ADF ukorera muri Congo nawe urashyirwa mu majwi.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Q says:
    January 12, 2023 at 4:08 pm

    Umuti urimo kuvugutwa

    Reply
    • Jackson says:
      January 12, 2023 at 8:01 pm

      Gutese?

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?