BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Congo yapfubije umugambi w’iterabwoba i Kinshasa

Congo yapfubije umugambi w’iterabwoba i Kinshasa

admin
Last updated: January 12, 2023 2:45 pm
admin
Share
SHARE
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko yatahuye umugambi w’iterabwoba, wari kwibasira ahantu hatandukanye mu gihugu, bahatera ibiturika.
Umujyi wa Kinshasa wari kwibasirwa n’ibitero by’iterabwoba

Mu itangazo Leta ya Congo yashyize hanze kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Mutarama, 2023 ivuga ko uyu munsi ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kinshasa, hari hateguwe ibikorwa by’iterabwoba.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko ”ibyo bitero byari byateguwe ku baturage bafite amazina azwi, abasirikare bakuru, bigakorwa n’ibyihebe bibiri. Cyakora byaburijwemo bitarakorwa.”

Byari biteganyijwe ko ngo ibintu biturika bishyirwa mu modoka zitwara abantu n’ibiribwa.

Guverinoma yasabye abantu kuba maso by’umwihariko mu Misigiti, amaguriro (supermarket) hotel, mu nsengero, za Kaminuza ndetse n’ahandi hakunze kuba abanyacyubahiro.

Kugeza ubu ntihatangajwe amazina y’abari inyuma y’uwo mugambi mubisha.

Icyakora muri Congo habarirwa imitwe isaga 100 yitwajwe intwaro ariko kuri iyi nshuro umutwe wa ADF ukorera muri Congo nawe urashyirwa mu majwi.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Q says:
    January 12, 2023 at 4:08 pm

    Umuti urimo kuvugutwa

    Reply
    • Jackson says:
      January 12, 2023 at 8:01 pm

      Gutese?

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Maneko wo ku rwego rwo hejuru wa Ukraine yishwe arashwe i Kyiv

5 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Mu mahanga

Inteko ya Amerika yasabye Tshisekedi kutarenza manda yemerewe

2 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?