BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Commonwealth [Beach volleyball]: U Rwanda rwasoje mu makipe ane ya Mbere

Commonwealth [Beach volleyball]: U Rwanda rwasoje mu makipe ane ya Mbere

admin
Last updated: August 7, 2022 10:46 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball ikinirwa ku mucanga [Beach volleyball], yasoje amarushanwa ahuza Ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza [Commonweal games] iri ku mwanya wa Kane.

Ntagengwa na Gatsinzi basoje ku mwanya wa Kane

Ni urugendo rutorohereye iyi kipe y’Igihugu ariko bijyanye n’uko Ntagengwa na Gatsinzi bari bahagaze, bagiye bimana u Rwanda kugera aho basezererwa bageze muri ½ cy’iri rushanwa.

Imikino y’amajonjora ntabwo yagoye u Rwanda kuko rwabashije gutsinda imikino ibiri ibanza, aho rwahereye kuri Afurika y’Epfo rutsinda amaseti 2-0, rukurikiza ibirwa bya Maldive ku maseti 2-1.

Umukino wa Gatatu utari ufite kinini uvuze k’u Rwanda, rwatsinzwe na Australia amaseti 2-0 ariko ntacyo uyu mukino wahdinuye kuko abasore b’u Rwanda bari bageze muri ¼.

Muri ¼, abasore b’u Rwanda bongeye kurwimana ubwo batsindaga Nouvelle Zélande amaseti 2-0, ariko muri ½ rusezererwa na Australia ku maseti 2-0. Mu gushaka umwanya wa Gatatu, ntabwo u Rwanda rworohewe kuko rwatsinzwe n’u Bwongereza amaseti 2-0.

Ibi bisobanuye ko u Rwanda rwegukanye umwanya wa Kane muri iyi mikino ya Commonwealth iri kubera mu Bwongereza mu Mujyi wa Birmingham.

Ni ku nshuro ya Mbere u Rwanda rwitabiriye iyi mikino muri beach volleyball. Aha niho bamwe bahera bahamya ko Ntagengwa na Gatsinzi ari abakinnyi bakwiye gukomeza gukurikiranwa neza.

Byari ibyishimo ku Banyarwanda

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?