BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Commonwealth [Beach volleyball]: U Rwanda rwasoje mu makipe ane ya Mbere

Commonwealth [Beach volleyball]: U Rwanda rwasoje mu makipe ane ya Mbere

admin
Last updated: August 7, 2022 10:46 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball ikinirwa ku mucanga [Beach volleyball], yasoje amarushanwa ahuza Ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza [Commonweal games] iri ku mwanya wa Kane.

Ntagengwa na Gatsinzi basoje ku mwanya wa Kane

Ni urugendo rutorohereye iyi kipe y’Igihugu ariko bijyanye n’uko Ntagengwa na Gatsinzi bari bahagaze, bagiye bimana u Rwanda kugera aho basezererwa bageze muri ½ cy’iri rushanwa.

Imikino y’amajonjora ntabwo yagoye u Rwanda kuko rwabashije gutsinda imikino ibiri ibanza, aho rwahereye kuri Afurika y’Epfo rutsinda amaseti 2-0, rukurikiza ibirwa bya Maldive ku maseti 2-1.

Umukino wa Gatatu utari ufite kinini uvuze k’u Rwanda, rwatsinzwe na Australia amaseti 2-0 ariko ntacyo uyu mukino wahdinuye kuko abasore b’u Rwanda bari bageze muri ¼.

Muri ¼, abasore b’u Rwanda bongeye kurwimana ubwo batsindaga Nouvelle Zélande amaseti 2-0, ariko muri ½ rusezererwa na Australia ku maseti 2-0. Mu gushaka umwanya wa Gatatu, ntabwo u Rwanda rworohewe kuko rwatsinzwe n’u Bwongereza amaseti 2-0.

Ibi bisobanuye ko u Rwanda rwegukanye umwanya wa Kane muri iyi mikino ya Commonwealth iri kubera mu Bwongereza mu Mujyi wa Birmingham.

Ni ku nshuro ya Mbere u Rwanda rwitabiriye iyi mikino muri beach volleyball. Aha niho bamwe bahera bahamya ko Ntagengwa na Gatsinzi ari abakinnyi bakwiye gukomeza gukurikiranwa neza.

Byari ibyishimo ku Banyarwanda

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?