BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Burundi : Moto akangari zahiye ziratokombera – AMAFOTO

Burundi : Moto akangari zahiye ziratokombera – AMAFOTO

admin
Last updated: September 8, 2022 6:36 pm
admin
Share
SHARE

Mu Mujyi wa Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi kuri Station ya essence yitwa BUPP, umurundo wa Moto zitwara abagenzi zahiye ziratokombera.

Inkongi y’umuriro yatwitse izi moto zirashya ziratokombera

Iyi nkongi y’umuriro yatwitse izi moto yabereye kuri Station ya essence iri ku muhanda nomero 11 kuri Terminus mu Kamenge muri Komine Ntahangwa.

Amakuru avuga ko inkongi y’umuriro yaturutse kuri imwe muri moto yari igiye kunywa essence maze igashya igahita ikongeza izindi nk’uko byemejwe na Polisi y’u Burundi.

Usibye izi moto zahiye kuri iriya station ikunze kuba iriho umuvundo mwinshi, hangiritse inyubako n’ibicuruzwa bitandukanye.

Bamwe mu batwara abagenzi kuri moto [Motari] batewe agahinda no kubona umuriro waduka ariko hakabura abawuzimya kugeza aho moto zabo zishya zigakongoka.

Amakuru UMUSEKE wahawe n’umwe mu bari aho iyo mpanuka yabereye, yavuze ko kugira ngo amamoto angana kuriya ashye burundu, benshi babuze uko bahunga.

Ati “Babuze uko bahunga kubera akajagari kahahora, gaturuka ku bantu bahapakirira abagenzi, bikwiriye kuba isomo.”

Yavuze ko ubwo umuriro wadukaga abakozi b’iyo station babuze uko bawuzimya, nta kizimyamwoto basanzwe bafite.

Imodoka ya Polisi izimya umuriro yatabaye itinz, moto zamaze gushya, gusa yabashije kuzimya umuriro wari utangiye kwegera ibindi bikorwaremezo.

Polisi y’u Burundi yatangaje ko uwo muriro wadutse saa 16 kuri Station ya BUPP mu Kamenge muri Komine Ntahangwa yatewe na moto imwe muzari ku murongo zishaka essence.

N’ubwo umubare w’ibyahiye utaramenyekana, amashusho n’amafoto yerekana ko byari bigoye gukiza moto kuko abenshi birutse bahunga kuko umuriro wari mwinshi.

Abantu ubwo bashungeraga Moto na Station biri gushya
Polisi ishinzwe kuzimya inkongi yahageze zatokombeye
Abatwara abagenzi kuri moto bararira ayo kwarika

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
10 Comments
  • Rukara says:
    September 8, 2022 at 7:52 pm

    Bunyoni!!!

    Reply
  • Rukara says:
    September 8, 2022 at 7:52 pm

    Bunyoni!!!

    Reply
  • lg says:
    September 9, 2022 at 7:31 am

    ibihugu biragwira station ya essence itagira kizimyamwoto

    Reply
  • lg says:
    September 9, 2022 at 7:31 am

    ibihugu biragwira station ya essence itagira kizimyamwoto

    Reply
  • mahoro jack says:
    September 9, 2022 at 5:21 pm

    Kwiberaho mu kavuyo nyine!

    Reply
  • mahoro jack says:
    September 9, 2022 at 5:21 pm

    Kwiberaho mu kavuyo nyine!

    Reply
  • Niringiyimana girbert says:
    September 13, 2022 at 5:00 am

    Bihangane nakundi

    Reply
  • Niringiyimana girbert says:
    September 13, 2022 at 5:00 am

    Bihangane nakundi

    Reply
  • Matsiko says:
    September 14, 2022 at 5:33 pm

    Ibi byo nibiki Koko mirabona uburyo baparika? Nukuri nubwo ntamuhanuzi iwabo iRwanda baragerageza

    Reply
  • Matsiko says:
    September 14, 2022 at 5:33 pm

    Ibi byo nibiki Koko mirabona uburyo baparika? Nukuri nubwo ntamuhanuzi iwabo iRwanda baragerageza

    Reply

Leave a Reply to Matsiko Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?