BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Burundi: Haburijwemo imirwano hagati y’abahinzi b’ibisheke nab’ipamba

Burundi: Haburijwemo imirwano hagati y’abahinzi b’ibisheke nab’ipamba

admin
Last updated: October 3, 2022 2:14 pm
admin
Share
SHARE

Mu Burundi haburijwemo imirwano ikaze yari yadutse hagati y’abahinzi b’ipamba n’abahinzi b’ibisheke bapfa ubutaka.

Abahinzi b’ipamba nab’ibisheke bazindutse barebana ay’ingwe

Ni ubushyamirane bwabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 03 Ukwakira 2022 muri Komine ya Gihanga ho mu Ntara ya Bubanza.

Abahinzi b’ipamba bagera kuri 500 nibo bazindutse bahanganye n’abahinga ibisheke bo mu ishyirahamwe ryitwa Tanganyika Sugar Company.

Amakuru avuga ko abo bose bapfa ubutaka bw’ahitwa mu Cabiza mw’ishyamba rya Rukoko aho buri ruhande ruvuga ko arirwo rwemerewe kubuhinga.

Bamwe muri abo bahinzi bashyamiranye bari bafite amasuka, ubuhiri abandi bafite imihoro habuze gato ngo bakozanyeho.

Abahinzi b’ipamba basobanura ko ubwo butaka baherutse kubuhabwa na Leta kandi ko butari buhinzemo ibisheke.

Abashinzwe umutekano n’inzego z’ubuyobozi bihutiye guhosha izo mvururu basaba abaturage bose gutuza.

Umuyobozi wa Komine Gihanga yasabye impande zombi kuzana impapuro zerekana ingano n’ubutaka bahawe kugira ngo ibibazo bafite bicocwe.

Impande zombi zari zariye karungu

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa…

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?