BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Burera: Arakekwaho kwica nyirakuru wari ufite imyaka 88

Burera: Arakekwaho kwica nyirakuru wari ufite imyaka 88

admin
Last updated: October 5, 2022 2:00 pm
admin
Share
SHARE

Sematabaro uri mu kigero cy’imyaka 26 arakekwaho kwica nyirakuru Nyirarugero Anne Marie w’imyaka 88, amuziza imitungo.

Burera ni mu ibarritukura

Ibi byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Ukwakira 2022, bibera mu Murenge wa  Gahunga, Akagari ka Gisizi, Umudugudu wa Ruri , Akarere ka Burera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gisiza,Nizeyimana Davide, yabwiye UMUSEKE ko ukekwa yahise atabwa muri yombi.

Yagize ati “Byabaye nka saa moya n’igice, mpagera nka saa tatu. Ukekwa we ari mu baboko ya Polisi.”

Gitifu Nizeyimana avuga ko  asanzwe ari igihazi kuko yajyaga abuza umutekano abaturage. Avuga ko bikekwa kuba yamujijie imitungo.

Yagize ati “Ikibazo cyabayeho, uwo mugabo asanzwe agira ikibazo cyo kubuza umutekano. Kugeza ubwo n’umugore yari yaramutaye yarigendeye kubera inkoni, yigira iwabo.

Yarari ku musaba umurima kandi umukecuru ari mu cyiciro cya mbere, nta wo afite. Abo mu muryango bakamubwira ko nta bindi umukecuru afite, yashakaga kuba yazungura.”

Uyu muyobozi yasabye abaturage kujya bagaragaza ibibazo mbere y’uko hagaragara uhatakarizwa ubuzima.

Yagize ati “Ubutumwa twaha abaturage nu uko abaturage bafite Ibibazo nk’ibyo byo mu muryango bajya babigaragaza abaturage bakabafasha aho kugira ngo akibike ku mutima.”

UMUSEKE yamenye amakuru ko uwo mukecuru yishwe n’umwuzukuru we babanaga mu nzu,  gusa ikindi ni uko yari amaze umwaka afunzwe akekwaho kwangiza inzu ye no kumutemera urutoki, ariko aza gufungurwa nyuma yo kwirega no gusaba Imbabazi.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro by’Akarere ka Musanze gukorerwa isusuzuma.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?