BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 19, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Exclusive: FERWAFA yabonye DTN mushya

Exclusive: FERWAFA yabonye DTN mushya

admin
Last updated: September 13, 2022 11:45 am
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, ryamaze kubona umuyobozi wa Tekinike [DTN] ukomoka mu Bufaransa.

Mu gihe gito Gérard Buscher ashobora kuzatangazwa na DTN mushya wa Ferwafa

Mu 2018, Ferwafa ni bwo yatangaje Habimana Hussein nk’Umuyobozi wa Tekinike [DTN] nyuma yo gutsinda abarimo Mbabazi Alain, Muhire Hassan, Seninga Innocent, Rukundo Éugéne na Uwambaza Jean Marie Vianney.

Hussein yabaye muri uyu mwanya mu gihe cy’imyaka ibiri, nyuma yo gusoza amasezerano ntiyongerewe ayandi. Bisobanuye ko kuva mu 2020 Ferwafa nta DTN ifite.

Amakuru UMUSEKE wamenye, ni uko iri shyirahamwe ryamaze kwemeza Umufaransa Gérard Buscher nka DTN mushya ndetse akaba yaranatangiye akazi bucece ariko akaba ataratangazwa ku mugaragaro.

Mu kwifuza kumenye icyo Ferwafa ivuga kuri aya makuru, UMUSEKE wahamagaye Umunyamabanga Mukuru w’iri shyirahamwe, Muhire Henry kuri telefone ye igendanwa ariko ntiyabasha kwitaba.

Uyu mugabo w’imyaka 61, afite amamoko mu gihugu cya Algérie ariko yavukiye mu Bufaransa. Yatoje amakipe atandukanye arimo Nice, CS Hammam Lif, CA Bizerte, AS Marsa [zo muri Algérie], Al Ittihad Kalba yo muri Libya n’ikipe y’Igihugu ya Maurtanie.

Mu mwaka wa 1986-1987 yakiniye ikipe y’Igihugu nkuru y’u Bufaransa, ariko mu makipe asanzwe [Clubs] yakiniye izirimo Nantes, Nice n’izindi zo mu Bufaransa.

Gérard Buscher yatoje ikipe y’Igihugu ya Maurtanie

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa rimwe mu matorero akomeye muri Amerika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Werurwe 2026, Perezida…

Umunsi w’Ilayidi wamenyekanye

Ubuyobozi bukuru bw’ Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru…

Imikono y’igikombe cy’Isi cyizanyuzwa no kuri YouTube 

Mu gihe benshi bagorwa no kureba imikino itandukanye yo hanze y’u Rwanda…

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

Abadepite bo ku rwego rw’intara muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira…

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?