BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Exclusive: FERWAFA yabonye DTN mushya

Exclusive: FERWAFA yabonye DTN mushya

admin
Last updated: September 13, 2022 11:45 am
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, ryamaze kubona umuyobozi wa Tekinike [DTN] ukomoka mu Bufaransa.

Mu gihe gito Gérard Buscher ashobora kuzatangazwa na DTN mushya wa Ferwafa

Mu 2018, Ferwafa ni bwo yatangaje Habimana Hussein nk’Umuyobozi wa Tekinike [DTN] nyuma yo gutsinda abarimo Mbabazi Alain, Muhire Hassan, Seninga Innocent, Rukundo Éugéne na Uwambaza Jean Marie Vianney.

Hussein yabaye muri uyu mwanya mu gihe cy’imyaka ibiri, nyuma yo gusoza amasezerano ntiyongerewe ayandi. Bisobanuye ko kuva mu 2020 Ferwafa nta DTN ifite.

Amakuru UMUSEKE wamenye, ni uko iri shyirahamwe ryamaze kwemeza Umufaransa Gérard Buscher nka DTN mushya ndetse akaba yaranatangiye akazi bucece ariko akaba ataratangazwa ku mugaragaro.

Mu kwifuza kumenye icyo Ferwafa ivuga kuri aya makuru, UMUSEKE wahamagaye Umunyamabanga Mukuru w’iri shyirahamwe, Muhire Henry kuri telefone ye igendanwa ariko ntiyabasha kwitaba.

Uyu mugabo w’imyaka 61, afite amamoko mu gihugu cya Algérie ariko yavukiye mu Bufaransa. Yatoje amakipe atandukanye arimo Nice, CS Hammam Lif, CA Bizerte, AS Marsa [zo muri Algérie], Al Ittihad Kalba yo muri Libya n’ikipe y’Igihugu ya Maurtanie.

Mu mwaka wa 1986-1987 yakiniye ikipe y’Igihugu nkuru y’u Bufaransa, ariko mu makipe asanzwe [Clubs] yakiniye izirimo Nantes, Nice n’izindi zo mu Bufaransa.

Gérard Buscher yatoje ikipe y’Igihugu ya Maurtanie

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?