BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > AS Kigali yashimiye Abanyarwanda bayishyigikiye muri Djibouti

AS Kigali yashimiye Abanyarwanda bayishyigikiye muri Djibouti

admin
Last updated: September 13, 2022 12:29 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi w’ikipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali, Shema Ngoga Fabrice abinyujije ku rukuta rw’ikipe abereye umuyobozi, yageneye ubutumwa Abanyarwanda babakiriye neza muri icyo gihugu abashimira urukundo beretswe.

Umurindi w’Abanyarwanda batuye muri Djibouti watumye AS Kigali inganya 0-0 na ASAS Télecom

Ni nyuma yo kuva muri Djibouti ikipe ya AS Kigali FC itahatsindiwe na ASAS  Télecom mu marushanwa Nyafurika ahuza amakipe yegukanye ibikombe iwayo, CAF Confederation Cup.

Iyi kipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali ibicishije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yashimiye cyane Abanyarwanda batuye mu gihugu cya Djibouti kubera urukundo bagaragarije iyi kipe.

Bati “Turashimira cyane Abanyarwanda baba muri Djibouti uburyo mwatwakiriye n’uburyo mwatubaye hafi mu gihe cyose twamaze aho. Ikipe ikomeje kwitegura umukino wo kwishyura uzabera i Huye ndetse yiteguye kwitwara neza kugira ngo tuzakomeze mu kindi cyiciro cya CAF Confederation Cup.”

AS Kigali kuva yagera i Kigali yakoreye umwitozo umwe kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, ariko umukino wo kwishyura uzabera kuri stade mpuzamahanga ya Huye tariki 17 Nzeri 2022.

Kugira ngo isezerere ASAS Télecom, birasaba gutsinda umukino wo kwishyura kuko kunganya mu bitego yahita isezererwa.

Shema Ngoga Fabrice uyobora AS Kigali yashimiye Abanyarwanda batuye muri Djibouti

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?