BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > AS Kigali yashimiye Abanyarwanda bayishyigikiye muri Djibouti

AS Kigali yashimiye Abanyarwanda bayishyigikiye muri Djibouti

admin
Last updated: September 13, 2022 12:29 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi w’ikipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali, Shema Ngoga Fabrice abinyujije ku rukuta rw’ikipe abereye umuyobozi, yageneye ubutumwa Abanyarwanda babakiriye neza muri icyo gihugu abashimira urukundo beretswe.

Umurindi w’Abanyarwanda batuye muri Djibouti watumye AS Kigali inganya 0-0 na ASAS Télecom

Ni nyuma yo kuva muri Djibouti ikipe ya AS Kigali FC itahatsindiwe na ASAS  Télecom mu marushanwa Nyafurika ahuza amakipe yegukanye ibikombe iwayo, CAF Confederation Cup.

Iyi kipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali ibicishije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yashimiye cyane Abanyarwanda batuye mu gihugu cya Djibouti kubera urukundo bagaragarije iyi kipe.

Bati “Turashimira cyane Abanyarwanda baba muri Djibouti uburyo mwatwakiriye n’uburyo mwatubaye hafi mu gihe cyose twamaze aho. Ikipe ikomeje kwitegura umukino wo kwishyura uzabera i Huye ndetse yiteguye kwitwara neza kugira ngo tuzakomeze mu kindi cyiciro cya CAF Confederation Cup.”

AS Kigali kuva yagera i Kigali yakoreye umwitozo umwe kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, ariko umukino wo kwishyura uzabera kuri stade mpuzamahanga ya Huye tariki 17 Nzeri 2022.

Kugira ngo isezerere ASAS Télecom, birasaba gutsinda umukino wo kwishyura kuko kunganya mu bitego yahita isezererwa.

Shema Ngoga Fabrice uyobora AS Kigali yashimiye Abanyarwanda batuye muri Djibouti

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?