BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > APR FC isezerewe mu mikino ya CAF Champions Ligue itarenze umutaru

APR FC isezerewe mu mikino ya CAF Champions Ligue itarenze umutaru

admin
Last updated: September 18, 2022 6:34 pm
admin
Share
SHARE

APR FC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika y’amakipe yabaye aya mbere, CAF Champions League, isezerewe itarenze umutaru.

APR FC itsinzwe ibitego 3-0

APR FC yakuwemo na US Monastir yo muri Tunisia iyitsinze ibitego 3-0. Byari bihagije kuko byaburijemo igitego kimwe APR FC yatsindiye i Huye, bivuze ko ikuwemo n’ikinyuranyo cy’ibitego bibiri.

Mu kibuga APR FC yari afite amahirwe yo kuba i Huye itaratsinzwe igitego. Byayisabaga kunganya cyangwa igatsinda.

Si ko byagenze, umukino waranzwe no guhuzagurika mu gice cya mbere ku ruhande rwa APR FC

Ku munota wa gatanu gusa US Monastir yabonye izamu ku gitego cyatsinzwe na  Zied Aloui. Byasabaga ko APR FC yihagaraho ikishyura cyangwa igice cya mbere kirangira itinjijwe ikindi gitego.

US Monastir yari yagaragaje i Huye ko ibitse ibanga, dore ko yinjije igitego cyo kwishyura abasifuzi b’Abarundi bakavuga ko habayeho kurarira, kuri iki Cyumweru yari indi kipe.

Ku munota wa 27 w’umukino Housem Teka yabonye igitego cya kabiri, bica integer APR FC.

Igice cya kabiri APR FC yari yikosoye, ikina neza, ariko yaje gutsindwa igitego ku munota wa 67 cya Omar Bouraoui bisa naho icyizere kirangiye

Urugendo rwo muri Tunisia rwari kuba rubi cyane, APR FC yatsinzwe igitego ku munota wa nyuma w’umukino, umusifuzi avuga ko habayeho kurarira, umukino urangira US Monasitir itsinze 3-0 bwa APR FC.

Abafana batandukanye bagiye bagaragaza ko niba APR FC ikeneye kugera kure mu mikino nk’iyi ikwiye guhindura ikongeramo abakinnyi b’abanyamahanga bashoboye mu Banyarwanda ikinisha.

I Huye naho habereye umukino wa CAF Confederation Cup,  aho AS Kigali yasezereye ASAS Telecom Djibouti ku gitego 1-0. Iki gitego cyaje ku munota wa 67′ gitsinzwe na Kalisa Rachid.

US Monastir yerekanye ko urugendo rukiri rurerure ku makipe yo mu Rwanda kuba yakuramo ay’Abarabu

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • rukabu says:
    September 18, 2022 at 8:30 pm

    Twihangane Adil azadutwara mu matsinda la patience est la longueur du temps.

    Reply
  • Jeanpaul Niyoshima says:
    September 18, 2022 at 8:58 pm

    Apr izanye ananyamahanga x amavubi yacyu yakurahe abakinyi bagutsidwa nayetiyopiya

    Reply
  • Rugamba says:
    September 19, 2022 at 7:16 am

    Mbega Adil Mbega umutoza ugira ubwoba nyamara uyu mutoza Adil ntaho azatujyeza ngo yatsinze imikino 50 adatsinzwe ? Ajya no gushaka diplôme muri tunizie ikibazo nuko agiye kwangiza na gaciro APR yari ifite. Mu batoza apr yagize kuva yashingwa niwe mutoza wu muswa ayitoje. Ndondi,jean Paul Akon,René Feller,mfutil .murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?