BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > APR FC isezerewe mu mikino ya CAF Champions Ligue itarenze umutaru

APR FC isezerewe mu mikino ya CAF Champions Ligue itarenze umutaru

admin
Last updated: September 18, 2022 6:34 pm
admin
Share
SHARE

APR FC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika y’amakipe yabaye aya mbere, CAF Champions League, isezerewe itarenze umutaru.

APR FC itsinzwe ibitego 3-0

APR FC yakuwemo na US Monastir yo muri Tunisia iyitsinze ibitego 3-0. Byari bihagije kuko byaburijemo igitego kimwe APR FC yatsindiye i Huye, bivuze ko ikuwemo n’ikinyuranyo cy’ibitego bibiri.

Mu kibuga APR FC yari afite amahirwe yo kuba i Huye itaratsinzwe igitego. Byayisabaga kunganya cyangwa igatsinda.

Si ko byagenze, umukino waranzwe no guhuzagurika mu gice cya mbere ku ruhande rwa APR FC

Ku munota wa gatanu gusa US Monastir yabonye izamu ku gitego cyatsinzwe na  Zied Aloui. Byasabaga ko APR FC yihagaraho ikishyura cyangwa igice cya mbere kirangira itinjijwe ikindi gitego.

US Monastir yari yagaragaje i Huye ko ibitse ibanga, dore ko yinjije igitego cyo kwishyura abasifuzi b’Abarundi bakavuga ko habayeho kurarira, kuri iki Cyumweru yari indi kipe.

Ku munota wa 27 w’umukino Housem Teka yabonye igitego cya kabiri, bica integer APR FC.

Igice cya kabiri APR FC yari yikosoye, ikina neza, ariko yaje gutsindwa igitego ku munota wa 67 cya Omar Bouraoui bisa naho icyizere kirangiye

Urugendo rwo muri Tunisia rwari kuba rubi cyane, APR FC yatsinzwe igitego ku munota wa nyuma w’umukino, umusifuzi avuga ko habayeho kurarira, umukino urangira US Monasitir itsinze 3-0 bwa APR FC.

Abafana batandukanye bagiye bagaragaza ko niba APR FC ikeneye kugera kure mu mikino nk’iyi ikwiye guhindura ikongeramo abakinnyi b’abanyamahanga bashoboye mu Banyarwanda ikinisha.

I Huye naho habereye umukino wa CAF Confederation Cup,  aho AS Kigali yasezereye ASAS Telecom Djibouti ku gitego 1-0. Iki gitego cyaje ku munota wa 67′ gitsinzwe na Kalisa Rachid.

US Monastir yerekanye ko urugendo rukiri rurerure ku makipe yo mu Rwanda kuba yakuramo ay’Abarabu

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • rukabu says:
    September 18, 2022 at 8:30 pm

    Twihangane Adil azadutwara mu matsinda la patience est la longueur du temps.

    Reply
  • Jeanpaul Niyoshima says:
    September 18, 2022 at 8:58 pm

    Apr izanye ananyamahanga x amavubi yacyu yakurahe abakinyi bagutsidwa nayetiyopiya

    Reply
  • Rugamba says:
    September 19, 2022 at 7:16 am

    Mbega Adil Mbega umutoza ugira ubwoba nyamara uyu mutoza Adil ntaho azatujyeza ngo yatsinze imikino 50 adatsinzwe ? Ajya no gushaka diplôme muri tunizie ikibazo nuko agiye kwangiza na gaciro APR yari ifite. Mu batoza apr yagize kuva yashingwa niwe mutoza wu muswa ayitoje. Ndondi,jean Paul Akon,René Feller,mfutil .murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?