BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Amezi umunani arihiritse Sam watozaga Rwamagana atazi umushahara

Amezi umunani arihiritse Sam watozaga Rwamagana atazi umushahara

admin
Last updated: July 28, 2022 1:12 pm
admin
Share
SHARE

Mu mwaka w’imikino ushize 2021/2022, ikipe ya Rwamagana City ntabwo yorohewe n’ibihe yaciyemo ariko yirwanyeho kugeza ibonye itike yo kuzakina mu cyiciro cya Mbere muri uyu mwaka.

Nsengiyumva François uzwi nka Sam [umutoza] yazamuye Rwamagana City ahembwa kwirukanwa
N’ubwo iyi kipe yazamutse mu cyiciro cya Mbere, umutoza mukuru wa yo, Nsengiyumva François uzwi nka Sam ntabwo yigeze abanirwa neza n’ubuyobozi bw’iyi kipe.

Amakuru yizewe UMUSEKE wamenye, avuga ko amezi umunani yihiritse uyu mutoza adahembwa kandi yanamaze gusezererwa muri iyi kipe.

N’ubwo havugwa ibirarane by’imishahara y’amezi umunani umutoza aberewemo na Rwamagana City, perezida w’iyi kipe, Uwimana Néhemie yemera ko hari ideni bafitiye Sam ariko atari amezi umanani.

Ati “Kugira umwenda si twe ba mbere, ndumva n’abandi bayigira. Amakipe yose agira imyenda. Tuzumvikana kandi tuzamwishyura.”

Uyu muyobozi n’ubwo yemera ko ikipe ibereyemo umwenda uyu mutoza wayizamuye, ahakana ko atari imishahara y’amezi umunani nk’uko byavuzwe.

Ati “Ntabwo ari amezi umunani. Nonese ko shampiyona ari yo mezi igira ni ukuvuga ko nta kwezi na kumwe twamuhaye? Ayo tumurimo tuyaziranyeho ariko si umunani. We ni ko avuga ariko nawe arabizi ko atari byo. Amafaranga turayamufitiye, tuyaziranyeho ariko ntabwo ari amezi umunani.”

Andi makuru avuga ko ubuyobozi bw’iyi kipe bwemereye uyu mutoza ko mu gihe cya vuba azaba yishyuwe ibirarane by’imishahara yose bamubereyemo.

Iyi kipe yamaze kubona abatoza bashya bayobowe na Ruremesha Emmanuel nk’umutoza mukuru, Lomami Marcel nk’umwungiriza n’abandi bari bahasanzwe batarimo Sam wayizamuye.

Rwamagana City izakina mu cyciro cya Mbere

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?