BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Amezi umunani arihiritse Sam watozaga Rwamagana atazi umushahara

Amezi umunani arihiritse Sam watozaga Rwamagana atazi umushahara

admin
Last updated: July 28, 2022 1:12 pm
admin
Share
SHARE

Mu mwaka w’imikino ushize 2021/2022, ikipe ya Rwamagana City ntabwo yorohewe n’ibihe yaciyemo ariko yirwanyeho kugeza ibonye itike yo kuzakina mu cyiciro cya Mbere muri uyu mwaka.

Nsengiyumva François uzwi nka Sam [umutoza] yazamuye Rwamagana City ahembwa kwirukanwa
N’ubwo iyi kipe yazamutse mu cyiciro cya Mbere, umutoza mukuru wa yo, Nsengiyumva François uzwi nka Sam ntabwo yigeze abanirwa neza n’ubuyobozi bw’iyi kipe.

Amakuru yizewe UMUSEKE wamenye, avuga ko amezi umunani yihiritse uyu mutoza adahembwa kandi yanamaze gusezererwa muri iyi kipe.

N’ubwo havugwa ibirarane by’imishahara y’amezi umunani umutoza aberewemo na Rwamagana City, perezida w’iyi kipe, Uwimana Néhemie yemera ko hari ideni bafitiye Sam ariko atari amezi umanani.

Ati “Kugira umwenda si twe ba mbere, ndumva n’abandi bayigira. Amakipe yose agira imyenda. Tuzumvikana kandi tuzamwishyura.”

Uyu muyobozi n’ubwo yemera ko ikipe ibereyemo umwenda uyu mutoza wayizamuye, ahakana ko atari imishahara y’amezi umunani nk’uko byavuzwe.

Ati “Ntabwo ari amezi umunani. Nonese ko shampiyona ari yo mezi igira ni ukuvuga ko nta kwezi na kumwe twamuhaye? Ayo tumurimo tuyaziranyeho ariko si umunani. We ni ko avuga ariko nawe arabizi ko atari byo. Amafaranga turayamufitiye, tuyaziranyeho ariko ntabwo ari amezi umunani.”

Andi makuru avuga ko ubuyobozi bw’iyi kipe bwemereye uyu mutoza ko mu gihe cya vuba azaba yishyuwe ibirarane by’imishahara yose bamubereyemo.

Iyi kipe yamaze kubona abatoza bashya bayobowe na Ruremesha Emmanuel nk’umutoza mukuru, Lomami Marcel nk’umwungiriza n’abandi bari bahasanzwe batarimo Sam wayizamuye.

Rwamagana City izakina mu cyciro cya Mbere

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

2 Min Read
Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?