BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > America yakoresheje amahirwe y’inama ya G20 ivugana n’u Rwanda ku bya Congo

America yakoresheje amahirwe y’inama ya G20 ivugana n’u Rwanda ku bya Congo

admin
Last updated: November 15, 2022 12:47 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yemeje ko u Rwanda rwiteguye kubahiriza ibiri mu myanzuro y’inama za Nairobi n’i Luanda, nyuma yo kuganira n’Umunyabanga wa Leta muri America, Antony Blinken.

Umunyabanga wa Leta muri America, Antony Blinken yavuze ko we na Biruta bagiranye ibiganiro by’ingenzi ku bijyanye n’ibibazo biri muri Congo

Dr Vincent Biruta yashimye ibiganiro byiza yagiranye na Blinken mu nama yabahuje, ikabera i Bali muri Indonesia.

Ati “Ndahamya ubushake bw’u Rwanda ku bijyanye n’ibiganiro bya Nairobi, n’inzira ya Luanda bigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo, no mu karere, ndetse hakenewe gushaka kw’impande zose zirebwa n’ikibazo gukorana kugira ngo hashakwe igisubizo cya politiki.”

Umunyamabanga wa Leta muri America, Antony Blinken na we yavuze ko “yagiranye ibiganiro by’ingenzi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Vincent Biruta, mu nama y’ibihugu bikize izwi nka G20 ibera i Bali.”

Ati “Nagaragaje ko Leta zunze Ubumwe za America zihangayikishijwe cyane n’ibikorwa bibi (violence) bikomeje kubera mu burasirazuba bwa Congo, ndetse dusaba u Rwanda gutera intambwe nini mu gufasha gusubiza ibintu mu buryo.”

Ku wa Mbere, Perezida Paul Kagame n’abo bari kumwe, bakiriwe muri Indonesia, mu nama y’ibihugu bigeze ihuriro G20 iri kubera i Bali.

Iyi nama ifite inshangamatsiko igira iti “Recover Together, Recover Stronger,” yatangiye kuri uyu wa Kabiri, Perezida Paul Kagame akaba ayirimo nk’Umuyobozi w’urwego rwa Africa rugamije iterambere, (African Union Development Agency, AUDA-NEPAD).

Mu bigirwa muri iyi nama harimo ibijyanye n’ubuzima ku Isi, impinduka zishingiye ku Ikoranabuhanga, ndetse n’ingufu zitangiza ibidukikije.

G20 igizwe n’ibihugu 19, birimo Argentine, Australia, Brazil, Canada, Ubushinwa, Ubudage, Ubufaransa, Ubuhinde, Indonesia, Ubutaliyani, Ubuyapani, Korea y’Epfo, Mexique, Uburusiya, Saudi Arabia/Arabia Saoudite, Africa y’Epfo, Turukiya, Ubwongereza, na Leta zunze ubumwe za America.

Dr Biruta yavuze ko u Rwanda rwiyemeje gushyigikira ibiganiro bya Nairobi, n’inzira ya Luanda

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Ndengejeho Pascal Baylon says:
    November 15, 2022 at 1:25 pm

    Urujijo: Urwanda rwemera rute gukururwa mu ntambara abanyekongo barwanya Leta ya Kongo? Ese koko M23 ni Urwanda? Niba se koko M23 ari igikoresho cy’Urwanda, ninde ubyungukiramo?

    Reply
  • mahoro jack says:
    November 15, 2022 at 2:34 pm

    Ngo “basabye u Rwanda gutera intambwe nini mu gufasha gusubiza ibintu mu buryo”????? Ubwo ni ukuvuga iki ?? Uyu mugabo umenya umujinya ari wose nyuma yo kumwima Rusesa kandi yari yemereye umuryango we kumutahana.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?