BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Amavuta y’indege akomeje kuba iyanga mu Burundi

Amavuta y’indege akomeje kuba iyanga mu Burundi

admin
Last updated: December 21, 2022 11:11 am
admin
Share
SHARE

Amavuta y’indege akomeje kubura mu Burundi ku buryo byatumye ingendo zimwe zisubikwa ndetse bimwe mu bigo bitwara abagenzi mu ndege biteguza ko mu gihe Leta itacyemura icyo kibazo mu maguru mashya habaho gufunga imiryango.

Indege ya Kenya Airways iherutse kubura amavuta i Bujumbura iza kuyanywera i Kigali

Ni nyuma y’uko kuwa 17 Ukuboza 2022 Ishyirahamwe Intel pétrole ritangaje ko amavuta y’indege yabaye iyanga ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bujumbura cyitiriwe Melchior Ndadaye.

Iri shyirahamwe rivuga ko ryahuye n’ikibazo cy’ingutu ku isoko ryaguragaho aya mavuta mu bihugu by’amahanga bikaba byaragize ingaruka zikomeye ku bakiriya babo mu Burundi.

Intel pétrole ifite isoko ryayo mavuta mu Burundi ikomeza itangaza ko mu bubiko bwabo bafite amavuta y’indege macye cyane, ku buryo bari mu biganiro n’abo basanzwe bakorana kugira ngo icyo kibazo gicyemuke.

Iri shyirahamwe rigira riti ” Mu minsi irindwi iri imbere guhera uyu munsi ntituzashobora kongeramo amavuta indege kugeza igihe ibintu bizagarukira mu buryo.”

Amakuru yizewe agera k’UMUSEKE aturuka ku kibuga cy’indege cya Bujumbura avuga ko bafite ubukene budasanzwe bw’amavuta y’indege.

Iki kibazo kikaba cyaratangiye kugaragara kuva ku wa 17 Ukuboza 2022 aho ingendo nyinshyi zasubitswe kubera kubura amavuta y’indege.

Kuri uwo munsi Kompani ya Kenya Airways indege yayo yabuze amavuta ayijyana i Nairobi biba ngombwa ko inyura i Kigali, ihabwa amavuta ibona gukomeza urugendo.

Zimwe muri Kompanyi zivuga ko zabuze amavuta ahagije kugira ngo zikore ingendo zigasaba Leta gukora iyo bwabaga iki kibazo kigacyemuka.

Ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli kimaze igihe mu Burundi aho hari na zimwe muri Station zicuruza Lisansi zafunze imiryango.

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye aherutse gutangaza ko hari agatsiko k’ibikomerezwa karahiriye guhirika ubutegetsi binyuze mu gutindahaza ubukungu.

Avuga ko ako gatsiko kari ku isonga mu bituma ibikomoka kuri Peteroli bibura mu Burundi mu rwego rwo kumwangisha abaturage ndetse no gusiga icyasha ubutegetsi bwe mu mahanga.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Jado says:
    December 21, 2022 at 8:19 pm

    Kuyobora ntago ari kintu cyoroshye!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?