BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Amavuta y’indege akomeje kuba iyanga mu Burundi

Amavuta y’indege akomeje kuba iyanga mu Burundi

admin
Last updated: December 21, 2022 11:11 am
admin
Share
SHARE

Amavuta y’indege akomeje kubura mu Burundi ku buryo byatumye ingendo zimwe zisubikwa ndetse bimwe mu bigo bitwara abagenzi mu ndege biteguza ko mu gihe Leta itacyemura icyo kibazo mu maguru mashya habaho gufunga imiryango.

Indege ya Kenya Airways iherutse kubura amavuta i Bujumbura iza kuyanywera i Kigali

Ni nyuma y’uko kuwa 17 Ukuboza 2022 Ishyirahamwe Intel pétrole ritangaje ko amavuta y’indege yabaye iyanga ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bujumbura cyitiriwe Melchior Ndadaye.

Iri shyirahamwe rivuga ko ryahuye n’ikibazo cy’ingutu ku isoko ryaguragaho aya mavuta mu bihugu by’amahanga bikaba byaragize ingaruka zikomeye ku bakiriya babo mu Burundi.

Intel pétrole ifite isoko ryayo mavuta mu Burundi ikomeza itangaza ko mu bubiko bwabo bafite amavuta y’indege macye cyane, ku buryo bari mu biganiro n’abo basanzwe bakorana kugira ngo icyo kibazo gicyemuke.

Iri shyirahamwe rigira riti ” Mu minsi irindwi iri imbere guhera uyu munsi ntituzashobora kongeramo amavuta indege kugeza igihe ibintu bizagarukira mu buryo.”

Amakuru yizewe agera k’UMUSEKE aturuka ku kibuga cy’indege cya Bujumbura avuga ko bafite ubukene budasanzwe bw’amavuta y’indege.

Iki kibazo kikaba cyaratangiye kugaragara kuva ku wa 17 Ukuboza 2022 aho ingendo nyinshyi zasubitswe kubera kubura amavuta y’indege.

Kuri uwo munsi Kompani ya Kenya Airways indege yayo yabuze amavuta ayijyana i Nairobi biba ngombwa ko inyura i Kigali, ihabwa amavuta ibona gukomeza urugendo.

Zimwe muri Kompanyi zivuga ko zabuze amavuta ahagije kugira ngo zikore ingendo zigasaba Leta gukora iyo bwabaga iki kibazo kigacyemuka.

Ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli kimaze igihe mu Burundi aho hari na zimwe muri Station zicuruza Lisansi zafunze imiryango.

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye aherutse gutangaza ko hari agatsiko k’ibikomerezwa karahiriye guhirika ubutegetsi binyuze mu gutindahaza ubukungu.

Avuga ko ako gatsiko kari ku isonga mu bituma ibikomoka kuri Peteroli bibura mu Burundi mu rwego rwo kumwangisha abaturage ndetse no gusiga icyasha ubutegetsi bwe mu mahanga.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Jado says:
    December 21, 2022 at 8:19 pm

    Kuyobora ntago ari kintu cyoroshye!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

2 Min Read
Mu mahanga

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

1 Min Read
Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?