BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Amagare: Ntakirutimana yegukanye isiganwa rya Visit Musanze

Amagare: Ntakirutimana yegukanye isiganwa rya Visit Musanze

admin
Last updated: October 13, 2022 9:27 pm
admin
Share
SHARE

Mu irushanwa ry’amagare ryari rigamije gushaka impano, Ntakirutimana Joseph yahize bagenzi be aza imbere, ahembwa igare.

Abasanzwe batwarana abantu n’ibintu ku igare nibo bari muri iri siganwa

Kuri uyu wa Kane i Musanze habaye isiganwa ryateguuwe na Koperative y’abatwara abantu n’ibintu ku magare. Iri siganwa ryabaye ku bufatanye bw’Akarere ka Musanze n’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo gusiganwa ku magare [Ferwacy].

Isiganwa ryiswe “Visit Musanze” ryitabiriwe n’abagabo 41 n’abari n’abategarugori 2 aho bazengurutse mu Mujyi wa Musanze ku ntera ingana n’ibilometero 35.

Bamwe mu bayobozi bari baryitabiriye, harimo Murenzi Abdadllah uyobora Ferwafa, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier n’izindi nzego zishinzwe umutekano muri aka Karere.

Nyuma yo gukora intera yari yagenwe, Ntakirutimana Joseph yaje imbere ya bagenzi be ndetse ahembwa igare rishya rizamufasha gukomeza gukora akazi ke neza.

Nyuma y’iri siganwa, ubuyobozi bwa Ferwacy bwagiye gusura ikipe y’Igihugu iri mu mwiherero mu kigo gisanzwe gifasha abari mu myitozo y’i Musanze.

Abari mu mwiherero ni abatarengeje imyaka 23 bari gutegura amarushanwa atandukanye ari imbere harimo na Tour du Faso iteganyijwe kuzakinwa tariki 11 Ugushyingo. Bari gutegurirwa kuzakina Tour du Rwanda 2023, shampiyona ya Afurika 2023 na shampiyona y’Isi izabera mu Rwanda mu 2025.

Ntakirutimana yahembwe igare rishya
Ramuli Janvier uyobora Akarere ka Musanze yishimiye kubona isiganwa rizanwa muri aka Karere
Murenzi yahise asura abari mu mwiherero
Murenzi Abdallah uyobora Ferwacy yashimiye abanya-Musanze
Ntakirutima Joseph ubwo yari asoje isiganwa
Abanya-Musanze berekanye ko bakunda igare

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?