BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Amagare: Ntakirutimana yegukanye isiganwa rya Visit Musanze

Amagare: Ntakirutimana yegukanye isiganwa rya Visit Musanze

admin
Last updated: October 13, 2022 9:27 pm
admin
Share
SHARE

Mu irushanwa ry’amagare ryari rigamije gushaka impano, Ntakirutimana Joseph yahize bagenzi be aza imbere, ahembwa igare.

Abasanzwe batwarana abantu n’ibintu ku igare nibo bari muri iri siganwa

Kuri uyu wa Kane i Musanze habaye isiganwa ryateguuwe na Koperative y’abatwara abantu n’ibintu ku magare. Iri siganwa ryabaye ku bufatanye bw’Akarere ka Musanze n’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo gusiganwa ku magare [Ferwacy].

Isiganwa ryiswe “Visit Musanze” ryitabiriwe n’abagabo 41 n’abari n’abategarugori 2 aho bazengurutse mu Mujyi wa Musanze ku ntera ingana n’ibilometero 35.

Bamwe mu bayobozi bari baryitabiriye, harimo Murenzi Abdadllah uyobora Ferwafa, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier n’izindi nzego zishinzwe umutekano muri aka Karere.

Nyuma yo gukora intera yari yagenwe, Ntakirutimana Joseph yaje imbere ya bagenzi be ndetse ahembwa igare rishya rizamufasha gukomeza gukora akazi ke neza.

Nyuma y’iri siganwa, ubuyobozi bwa Ferwacy bwagiye gusura ikipe y’Igihugu iri mu mwiherero mu kigo gisanzwe gifasha abari mu myitozo y’i Musanze.

Abari mu mwiherero ni abatarengeje imyaka 23 bari gutegura amarushanwa atandukanye ari imbere harimo na Tour du Faso iteganyijwe kuzakinwa tariki 11 Ugushyingo. Bari gutegurirwa kuzakina Tour du Rwanda 2023, shampiyona ya Afurika 2023 na shampiyona y’Isi izabera mu Rwanda mu 2025.

Ntakirutimana yahembwe igare rishya
Ramuli Janvier uyobora Akarere ka Musanze yishimiye kubona isiganwa rizanwa muri aka Karere
Murenzi yahise asura abari mu mwiherero
Murenzi Abdallah uyobora Ferwacy yashimiye abanya-Musanze
Ntakirutima Joseph ubwo yari asoje isiganwa
Abanya-Musanze berekanye ko bakunda igare

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?