BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > AMAFOTO: Min Munyangaju yasuye Amavubi i Huye

AMAFOTO: Min Munyangaju yasuye Amavubi i Huye

admin
Last updated: August 31, 2022 8:31 am
admin
Share
SHARE

Mbere yo gukina umukino wo kwishyura na Éthiopie mu gushaka itike yo kujya mu mikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu gihugu, CHAN, izabera muri Algérie umwaka utaha, Amavubi yasuwe na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, abibutsa ko Abanyarwanda babategerejeho ibyishimo.

Abayobozi barimo Minisitiri Munyangaju, basuye Amavubi i Huye

Ni umuhango wabaye ku wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022 mu Akarere ka Huye. Abashyitsi basuye ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, barimo Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa, Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, Shema Maboko Didier na perezida wa Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier n’abandi.

Afata ijambo, Min Munyangaju yasabye aba bakinnyi ko bagomba kwibuka ko bazaba bari imbere y’Abanyarwanda kandi babagomba ibyishimo. Mu bindi Minisitiri yasabye Amavubi, harimo kongera kwimana u Rwanda nk’uko babikoze ubushize.

Perezida wa Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier, yongeye kwibutsa abakinnyi ko intego ari ukubona yo kujya muri CHAN muri Algérie kandi ko Abanyarwanda bazaba babari inyuma.

Muri uru ruzinduko rw’akazi, Minisitiri wa Siporo yagiriye muri aka Karere Huye, biteganijwe ko kuri uyu munsi asura Stade ya Huye hakagenzurwa aho imyiteguro yo kwakira umukino uzahuza u Rwanda na Éthiopie, igeze.

Biteganyijwe ko ku wa Gatandatu tariki 3 Nzeri 2022, ari bwo umukino wo kwishyura uzakinwa Saa cyenda z’amanywa, ikipe izasezerera indi ikazahita ibona itike yo kujya muri CHAN. Umukino ubanza Ibihugu byombi byaguye miswi 0-0.

Minisitiri wa Siporo, Munyangaju yasabye Amavubi kuzaha ibyishimo Abanyarwanda
Ubuyoboozi bwasabye aba bakinnyi kuzabona itike ya CHAN
Haruna Niyonzima yavuze ko biteguye kuzatanga byose ariko bagaha ibyishimo Abanyarwanda
Amavubi yaganirijwe asabwa kuzaha ibyishimo Abanyarwanda

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
Imikino

Camarade ari mu mazi abira nyuma yo gutangariza perezida wa Gorilla FC

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?