BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > AMAFOTO: Amavubi U23 yatangiye imyitozo

AMAFOTO: Amavubi U23 yatangiye imyitozo

admin
Last updated: October 15, 2022 11:46 am
admin
Share
SHARE

Mu kwitegura umukino ubanza n’uwo kwishyura mu gushaka itike yo gukina igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23, yatangiye imyitozo iri gukorera i Huye.

Amavubi U23 yatangiranye imyitozo ibyishimo

Iyi myitozo ya Mbere ititabiriwe n’abafana, yari iyo kugorora imitsi y’abakinnyi. Biteganyijwe ko aba basore bazamara icyumweru bitegura Mali mu mukino uteganyijwe tariki 22 Ukwakira 2022.

Umutoza mukuru w’Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, Rwasamanzi Yves afatanyije n’umwungiriza we, Gatera Moussa, bafite akazi gakomeye ko gusezerera Mali mu ijonjora rya Kabiri mbere yo guhura na Sénégal.

Abakinnyi bakoze imyitozo ntibarimo ab’ikipe ya APR FC bazasanga bagenzi babo mu mwiherero nyuma yo gukina umukino w’ikirarane aya makipe yombi afitanye kuwa Mbere tariki 17 Ukwakira.

Abakinnyi batatangiranye imyitozo na bagenzi babo harimo batanu ba APR ari bo Ishimwe Jean Pierre, Niyigena Clément, Nshimiyimana Yunus, Ishimwe Anicet na Niyonshuti M.Hakim. Biteganyijwe ko bazasanga abandi mu mwiherero tariki ya 17 Ukwakira nyuma yo gukina na Police FC umukino w’ikirarane.

Mu bakinnyi bari bahamagawe mu mikino ibiri yabanje umutoza mukuru w’Amavubi yakoze impinduka ebyiri. Kuri iyi nshuro yahamagaye Habimana Glen ukina mu gihugu cya Luxembourg mu ikipe ya Victoria Rosport, undi ni Mugisha Désire usanzwe ukinira ikipe ya Vision FC. Aba bombi baje basimbura Twagiramungu Simon na Ngabonziza Guillain.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe gukinwa tariki 29 Ukwakira, ukazabera i Bamako muri Mali.

Rwasamanzi Yves yatangije imyitozo itegura Mali
Abasore buri wese ariteguye
Buri umwe ameze neza
Hoziyana Kenedy mu myitozo
Gatera Moussa niwe wakoreshaga aba bakinnyi
Abasore bakoze imyitozo ya Mbere itegura Mali

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?