BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > AMAFOTO: Amavubi U23 yatangiye imyitozo

AMAFOTO: Amavubi U23 yatangiye imyitozo

admin
Last updated: October 15, 2022 11:46 am
admin
Share
SHARE

Mu kwitegura umukino ubanza n’uwo kwishyura mu gushaka itike yo gukina igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23, yatangiye imyitozo iri gukorera i Huye.

Amavubi U23 yatangiranye imyitozo ibyishimo

Iyi myitozo ya Mbere ititabiriwe n’abafana, yari iyo kugorora imitsi y’abakinnyi. Biteganyijwe ko aba basore bazamara icyumweru bitegura Mali mu mukino uteganyijwe tariki 22 Ukwakira 2022.

Umutoza mukuru w’Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, Rwasamanzi Yves afatanyije n’umwungiriza we, Gatera Moussa, bafite akazi gakomeye ko gusezerera Mali mu ijonjora rya Kabiri mbere yo guhura na Sénégal.

Abakinnyi bakoze imyitozo ntibarimo ab’ikipe ya APR FC bazasanga bagenzi babo mu mwiherero nyuma yo gukina umukino w’ikirarane aya makipe yombi afitanye kuwa Mbere tariki 17 Ukwakira.

Abakinnyi batatangiranye imyitozo na bagenzi babo harimo batanu ba APR ari bo Ishimwe Jean Pierre, Niyigena Clément, Nshimiyimana Yunus, Ishimwe Anicet na Niyonshuti M.Hakim. Biteganyijwe ko bazasanga abandi mu mwiherero tariki ya 17 Ukwakira nyuma yo gukina na Police FC umukino w’ikirarane.

Mu bakinnyi bari bahamagawe mu mikino ibiri yabanje umutoza mukuru w’Amavubi yakoze impinduka ebyiri. Kuri iyi nshuro yahamagaye Habimana Glen ukina mu gihugu cya Luxembourg mu ikipe ya Victoria Rosport, undi ni Mugisha Désire usanzwe ukinira ikipe ya Vision FC. Aba bombi baje basimbura Twagiramungu Simon na Ngabonziza Guillain.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe gukinwa tariki 29 Ukwakira, ukazabera i Bamako muri Mali.

Rwasamanzi Yves yatangije imyitozo itegura Mali
Abasore buri wese ariteguye
Buri umwe ameze neza
Hoziyana Kenedy mu myitozo
Gatera Moussa niwe wakoreshaga aba bakinnyi
Abasore bakoze imyitozo ya Mbere itegura Mali

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

2 Min Read
Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?