BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Sep 1, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Aho rikubise haroroha! Serumogo yagarutse mu myitozo

Aho rikubise haroroha! Serumogo yagarutse mu myitozo

admin
Last updated: April 8, 2024 1:11 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma yo kuvuga ko atiteguye kugaruka mu myitozo atarishyurwa amafaranga ye yose, myugariro w’iburyo usanzwe ari na kapiteni wungirije muri Kiyovu Sports, Serumogo Ally yasubukuye imyitozo nyuma yo kwishyurwa.

Ikipe ya Kiyovu Sports, imaze gukina imikino ibiri yo kwishyura ariko yombi yarayitakaje kuko uwa Gasogi United zaguye miswi zinganya 0-0, uwa APR FC iwutsindwa ibitego 3-2 mu mukino wabereye i Muhanga.

Iyi mikino yombi ntabwo Serumogo Ally yigeze ayigaragaramo kuko hari amafaranga afitiwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe.

Uyu musore yari yavuze ko atiteguye kugaruka mu kazi ka Kiyovu Sports atarahabwa amafaranga yemerewe ubwo yongeraga amasezerano muri iyi kipe.

Aganira na UMUSEKE, Umunyamabanga w’iyi kipe yo ku Mumena, Munyengabe Omar, yemeje ko uyu myugariro yagarutse mu kazi kandi ntacyo ikipe imugomba na kimwe.

Ati “Yego ni byo. Serumugo yahawe byose ikipe yari imufitiye ndetse yahise agaruka mu kazi ubu ari gukorana n’abandi imyitozo.”

Amakuru UMUSEKE wamenye avuga ko ubwo uyu mukinnyi yemeraga kongera amasezerano y’imyaka ibiri muri Kiyovu, bumvikanye ko agomba kwishyurwa miliyoni 18 Frw.

Ni umukinnyi usanzwe agira uruhare mu bitego ikipe itsinda, kuko n’ubwo akina nka myugariro w’iburyo ariko iyo ikipe ifite umupira akunda gukina asatira.

Kugeza ubu, Serumogo ni we mukinnyi uri muri Kiyovu Sports umaze kuyikinira imikino myinshi mu bahari ubu.

Serumo amaze gukinira Kiyovu Sports imikino irenga ijana

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika yamaganye uburyo agahenge katubahirizwa muri RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye uburyo agahenge katubahirizwa hagati y’impande zihanganiye…

RRA yatanze miliyoni 464 Frw TVA ku baguzi basabye fagitire za EBM

Ikigo cy’imisoro n’Amahoro (RRA), kuri uyu wa Gatanu tariki 15 kanama, cyatanze…

Pakistan: Imyuzure imaze guhitana abarenga 300

Inzego z’ubuyobozi zo muri Pakistan zavuze ko imvura nyinshi yateje imyuzure n’inkangu…

Hamenyekanye imibare y’abapfiriye mu mirwano y’Ingabo za RDC na Wazalendo

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyatangaje ko imirwano y’abasirikare bacyo,…

Guhura kwa perezida Trump na Putin kwateje impagarara

Abashyigikiye Ukraine babarirwa mu bihumbi bateguye imyigaragambyo yamagana umuhuro wa perezida wa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

APR Fc yongeye gutombora Pyramide Fc muri CAF Champions League

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye amakipe 12 azitabira CECAFA Kagame Cup

1 Min Read
Imikino

Seninga Innocent yatandukanye na Etincelles FC

2 Min Read
Imikino

Amatora ya FERWAFA ntavugwaho rumwe n’abagize komite nyobozi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?