BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

admin
Last updated: November 13, 2025 6:20 pm
admin
Share
SHARE

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye ibirego byatanzwe n’umuvugizi wa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Patrick Muyaya, nawe ukomoka muri ubwo bwoko, avuga ko ari amagambo ateza urwango hagati y’Abanyekongo.

Mu butumwa yanyujije mu rurimi rwa Tshiluba, Kanyuka yavuze ko ari «ibiteye isoni kubona umuntu nk’uwo ashinja abandi ivangura n’urwango, nyamara ari we wubatse ishingiro ry’amagambo y’urwango mu gihugu».

Ati “Ni isoni nyinshi kubona umuntu akomeza gukwirakwiza ibirego bitagamije kubaka igihugu, ahubwo bikarushaho gushyushya urwango hagati y’Abaluba n’abandi baturage”.

AFC/M23 yavuze ko intego yayo atari ugutanya Abanye-Congo, ahubwo ari uguharanira “kubohora no kongera kuzahura iterambere mu Ntara ya Kasaï n’ahandi mu gihugu hose.”

Ibi bibaye mu gihe impaka n’amagambo akomeye akomeje kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga hagati y’abashyigikiye AFC/M23 n’abayamagana, bamwe bakabifata nk’igerageza ryo gusenya ubumwe bw’igihugu, abandi bakabona ari ukugaragaza akarengane Abaluba bavuga ko bakomeje gukorerwa.

Kanyuka yasabye ko abaturage ba Kasaï n’Abanye-Congo muri rusange bakwirinda gucikamo ibice, ahubwo bakibanda ku bikorwa bifatika byateza imbere ubumwe n’amahoro mu gihugu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?