BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Feb 20, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

admin
Last updated: February 20, 2026 11:15 am
admin
Share
SHARE

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryamaganye guceceka kw’umuryango mpuzamahanga mu gihe ingabo za Leta zikomeje kwica abasivili mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ingabo za RDC, iz’u Burundi, umutwe w’iterabwoba wa FDLR, Wazalendo n’abacanshuro b’abanyamahanga, byishe abantu benshi muri Komini Minembwe, Mikenge, Karingi no mu bindi bice byo mu misozi miremire.

Kanyuka yagize ati “Ibi bikorwa bitihanganirwa by’ubugome bikorerwa inyokomuntu, bikorwa mu guceceka guteye ubwoba kandi kudakwiye kw’abakora mu rwego rw’ubutabazi, imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu n’inzego zifite imbaraga za dipolomasi.”

Yagaragaje ko ibi bikorwa byibasira cyane cyane abagore, abana n’abari mu zabukuru, bigakorwa bigamije kurimbura benshi, ariko ko umuryango mpuzamahanga ukomeza guceceka kandi bigaragara neza ko birenga ku itegeko mpuzamahanga ry’ubutabazi.

AFC/M23 yagaragarije umuryango mpuzamahanga ko mu buryo bweruye, Leta ya RDC ikomeje kurenga ku masezerano y’agahenge yasinyiwe i Doha muri Qatar, no ku yindi myanzuro y’amahoro yafatiwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iri huriro ryagaragaje ko imyitwarire gashozantambara ya Leta ya RDC ishobora gusubiza inyuma intambwe zatewe, zitezweho gufasha igihugu kubona amahoro arambye.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Minisiteri y’ikoranabuhanga n’Itumanaho yahakanye ibya ‘Monetisation’

Babinyujije kuri X Minisiteri y'ikoranabuhanga n'Itumanaho na Inovasiyo yanditse iti"Amakuru y'ibihuha". Ku…

Bobi Wine yasabwe kureka imikino y’injangwe n’imbeba

Perezida w’ihuriro ry’amashyaka riharanira Impinduka za Demokarasi (Forum for Democratic Change), Patrick…

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko rigiye kurekura abasirikare 230 ba Repubulika Iharanira Demokarasi…

AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryamaganye guceceka…

Perezida Kagame yakiriye intumwa za EU baganira ku mutekano wo muri RDC mutekano wo mu karere ndetse n’ubufatanye.

Yasabye ko amasezerano y’amahoro u Rwanda na RDC byasinyiye i Washington muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

2 Min Read
Umutekano

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

2 Min Read
Umutekano

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?