BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abatoza basoje amahugurwa yateguwe na Ferwafa

Abatoza basoje amahugurwa yateguwe na Ferwafa

admin
Last updated: December 13, 2022 9:30 am
admin
Share
SHARE

Nyuma y’iminsi ine bari guhugurwa, abatoza batoza umupira w’amaguru mu byiciro bitandukanye ariko bafite Licence C CAF, bayasoje bibutswe kubyaza umusaruro ibyo bungutse.

Abatoza 50 basoje amahugurwa abategurira kuzakorera Licence B CAF

Aya mahugurwa yatangiye tariki 5 Ukuboza.  Abatoza 50 bafite ‘Licence C CAF’ biganjemo abatoza b’amakipe y’icyiciro cya mbere mu bagabo n’abagore n’icyiciro cya mbere mu bagore, ni bo bitabiriye aya mahugurwa yari amaze iminsi ine.

Hari hagamijwe kubategurira amahugurwa ya Licence B CAF ateganyijwe kuzakorwa mu mwaka utaha.

Umuyobozi wa Tekiniki mu Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru [Ferwafa], Gérard Buscher afatanyije n’umutoza w’Ikipe y’Igihugu [Amavubi], Carlos Alós Ferrer, hamwe n’abarimu (Instructors), Rutsindura Antoine na Bazirake Hamimu, ni bo batanze aya mahugurwa.

Ubwo hasozwaga aya mahugurwa, Komiseri Ushinzwe Iterambere ry’umupira w’amaguru n’ibya Tekiniki muri Ferwafa, Nkusi Edmond Marie, yibukije aba batoza ko kongera amahugurwa biri mu ntego z’iri shyirahamwe.

Ati “Kongera umubare w’abatoza mu byiciro byose no kongerera ubushobozi abatoza mu buryo buhoraho, ni yo ntego y’igihe kirambye ya Ferwafa. Hamwe n’Umuyobozi mushya wa tekiniki Gérard Buscher, twizeye kugera kuri iyo ntego.”

Biteganyijwe ko mu ntangiriro z’umwaka utaha, ari bwo hazakorwa amahugurwa yo gushaka Licence B CAF yemerera umutoza kuba yahabwa ikipe yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda nk’umutoza mukuru.

Komiseri ushinzwe Iterambere na Tekiniki muri Ferwafa, Nkusi Edmond Marie
DTN wa Ferwafa, Gérard Buscher yari amaze iminsi ine ategura aba batoza
Bizimana Didier nawe yakoze aya mahugurwa
Abarimo umutoza wungirije wa Gorilla FC, Karisa François bakoze aya mahugurwa

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa…

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?