BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abatoza basoje amahugurwa yateguwe na Ferwafa

Abatoza basoje amahugurwa yateguwe na Ferwafa

admin
Last updated: December 13, 2022 9:30 am
admin
Share
SHARE

Nyuma y’iminsi ine bari guhugurwa, abatoza batoza umupira w’amaguru mu byiciro bitandukanye ariko bafite Licence C CAF, bayasoje bibutswe kubyaza umusaruro ibyo bungutse.

Abatoza 50 basoje amahugurwa abategurira kuzakorera Licence B CAF

Aya mahugurwa yatangiye tariki 5 Ukuboza.  Abatoza 50 bafite ‘Licence C CAF’ biganjemo abatoza b’amakipe y’icyiciro cya mbere mu bagabo n’abagore n’icyiciro cya mbere mu bagore, ni bo bitabiriye aya mahugurwa yari amaze iminsi ine.

Hari hagamijwe kubategurira amahugurwa ya Licence B CAF ateganyijwe kuzakorwa mu mwaka utaha.

Umuyobozi wa Tekiniki mu Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru [Ferwafa], Gérard Buscher afatanyije n’umutoza w’Ikipe y’Igihugu [Amavubi], Carlos Alós Ferrer, hamwe n’abarimu (Instructors), Rutsindura Antoine na Bazirake Hamimu, ni bo batanze aya mahugurwa.

Ubwo hasozwaga aya mahugurwa, Komiseri Ushinzwe Iterambere ry’umupira w’amaguru n’ibya Tekiniki muri Ferwafa, Nkusi Edmond Marie, yibukije aba batoza ko kongera amahugurwa biri mu ntego z’iri shyirahamwe.

Ati “Kongera umubare w’abatoza mu byiciro byose no kongerera ubushobozi abatoza mu buryo buhoraho, ni yo ntego y’igihe kirambye ya Ferwafa. Hamwe n’Umuyobozi mushya wa tekiniki Gérard Buscher, twizeye kugera kuri iyo ntego.”

Biteganyijwe ko mu ntangiriro z’umwaka utaha, ari bwo hazakorwa amahugurwa yo gushaka Licence B CAF yemerera umutoza kuba yahabwa ikipe yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda nk’umutoza mukuru.

Komiseri ushinzwe Iterambere na Tekiniki muri Ferwafa, Nkusi Edmond Marie
DTN wa Ferwafa, Gérard Buscher yari amaze iminsi ine ategura aba batoza
Bizimana Didier nawe yakoze aya mahugurwa
Abarimo umutoza wungirije wa Gorilla FC, Karisa François bakoze aya mahugurwa

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?