BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Abasirikare ba SADC bari muri Mozambique baravugwaho gutwika abantu

Abasirikare ba SADC bari muri Mozambique baravugwaho gutwika abantu

admin
Last updated: January 12, 2023 4:20 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Namibia, Hage Geingob yamaganye amashusho avuga ko “ateye ubwoba” agaragaramo abantu bambaye imyambaro ya gisirikare batwika imibiri y’abantu.

Ingabo za SADC ziri mu butumwa bw’amahoro muri Mozambique bwiswe SAMIM

Amashusho yakwiye cyane ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abasirikare bajugunya umubiri w’umuntu mu nyenga y’umuriro, umwe muri abo basirikare akamumenaho “petrol” maze umuriro ukamujyaho hose.

Perezida Geingob, ni we uyoboye SADC ndetse n’ingabo z’uwo muryango zoherejwe mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique guhangana n’ibyihebe, yavuze ko “icyo gikorwa bakikimenya cyabababaje.”

Yavuze ko ubuyobozi bw’ingabo za SADC muri Mozambique (SAMIM) bwatangiye gukora iperereza ku byabaye, ndetse bukazamenyesha abantu ibyarivuyemo.

Ati “Kandi ndifuza nivuye inyuma gushimangira ko SADC itarangwa n’ibikorwa bigaragara muri video, kandi iperereza nirirangira hazafatwa ingamba nyazo.”

Abantu bagaragara muri video bambaye impuzankano ya gisirikare, umwe afata amashusho, umwambaro we uriho ibendera rya Africa y’Epfo.

Ku wa Kabiri, Ministeri y’Ingabo muri Africa y’Epfo igihugu na cyo cyohereje ingabo muri Mozambique, yamaganye ibiri muri video, ndetse ivuga ko yatangiye gukora iperereza.

Ubutumwa bw’ingabo za SADC muri Mozambique, SAMIM bwatangiye tariki 15 Nyakanga, 2021 mu Ntara ya Cabo Delgado yayogojwe n’iterabwoba.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Jack says:
    January 12, 2023 at 7:59 pm

    Ngaho re

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?