BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Abasirikare ba SADC bari muri Mozambique baravugwaho gutwika abantu

Abasirikare ba SADC bari muri Mozambique baravugwaho gutwika abantu

admin
Last updated: January 12, 2023 4:20 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Namibia, Hage Geingob yamaganye amashusho avuga ko “ateye ubwoba” agaragaramo abantu bambaye imyambaro ya gisirikare batwika imibiri y’abantu.

Ingabo za SADC ziri mu butumwa bw’amahoro muri Mozambique bwiswe SAMIM

Amashusho yakwiye cyane ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abasirikare bajugunya umubiri w’umuntu mu nyenga y’umuriro, umwe muri abo basirikare akamumenaho “petrol” maze umuriro ukamujyaho hose.

Perezida Geingob, ni we uyoboye SADC ndetse n’ingabo z’uwo muryango zoherejwe mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique guhangana n’ibyihebe, yavuze ko “icyo gikorwa bakikimenya cyabababaje.”

Yavuze ko ubuyobozi bw’ingabo za SADC muri Mozambique (SAMIM) bwatangiye gukora iperereza ku byabaye, ndetse bukazamenyesha abantu ibyarivuyemo.

Ati “Kandi ndifuza nivuye inyuma gushimangira ko SADC itarangwa n’ibikorwa bigaragara muri video, kandi iperereza nirirangira hazafatwa ingamba nyazo.”

Abantu bagaragara muri video bambaye impuzankano ya gisirikare, umwe afata amashusho, umwambaro we uriho ibendera rya Africa y’Epfo.

Ku wa Kabiri, Ministeri y’Ingabo muri Africa y’Epfo igihugu na cyo cyohereje ingabo muri Mozambique, yamaganye ibiri muri video, ndetse ivuga ko yatangiye gukora iperereza.

Ubutumwa bw’ingabo za SADC muri Mozambique, SAMIM bwatangiye tariki 15 Nyakanga, 2021 mu Ntara ya Cabo Delgado yayogojwe n’iterabwoba.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Jack says:
    January 12, 2023 at 7:59 pm

    Ngaho re

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa DRCongo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare…

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

1 Min Read
Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?