BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Abarimo Nyamitari na Gahongayire bategerejwe mu gitaramo kizayoborwa na Yago

Abarimo Nyamitari na Gahongayire bategerejwe mu gitaramo kizayoborwa na Yago

admin
Last updated: August 10, 2022 5:54 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Patrick Nyamitari nyuma y’imyaka 10 yinjiye mu muziki utari uwo kuramya no guhimbaza Imana ategerejwe mu gitaramo azahuriramo n’abarimo Aline Gahongayire kizayoborwa n’umunyamakuru Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago.

Patrick Nyamitari avuga ko uzaba umwanya wo gushimira abamubaye hafi mu rugendo rwa muzika

Ni igitaramo kizaba kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Kanama 2022 cyiswe “Assomption Celebration” kizabera muri Great Hotel mu Kiyovu.

Patrick Nyamitari hari hashize imyaka isaga 10 atangaje ko yinjiye mu ndirimbo zisanzwe benshi bita iz’Isi, mbere yakoraga izo kuramya no guhimbaza Imana.

Icyo gihe yavuze ko atangiye kuririmba indirimbo zirimo n’ubundi butumwa butandukanye harimo urukundo, isanamitima n’ubundi bushishikariza amahoro no kunga ubumwe.

Mu myaka 10 yari itambutse uyu muhanzi nta bitaramo byo kuramya no guhimbaza Imana yatumirwagamo nk’uko byahoze mbere y’uko yinjira mu z’Isi (Secural Music).

Yabwiye UMUSEKE ko mbere y’uko ashyira hanze album nshya yifuje gutaramira abakunzi be.

Ati ” Mbere y’uko nshyira hanze Album yanjye nifuje kuba nataramira abakunzi banjye nkabaha indamukanyo inoze isobetse umuriri w’injyana nziza irata ubuzima ku munsi ubanziriza Assomption.”

Yavuze ko abakunzi ba Gospel bazaryoherwa kuri uwo munsi aho azanyuzamo akaririmba atanga n’ubundi butumwa mu ndirimbo ze zinyura amatwi ya benshi.

Muri iki gitaramo cyateguwe na Umushanana Record n’abitwa Dream Land kizitabirwa kandi na Rwanda Catholique All Stars ndetse na Aline Gahongayire.

Iki gitaramo byitezwe ko kizayoborwa n’umunyamakuru uri mubakunzwe mu Rwanda Nyarwaya Innocent uzwi nka YAGO kuri Youtube.

Kwinjira muri iki gitaramo ni 10.000 Frw ahasanzwe 15000 Frw muri VIP, ameza y’abantu bane ni 90.000Frw aho bazahabwa icupa rya Divayi mu gihe ameza y’abantu batandatu bazishyura 150.000 Frw bahabwe amacupa abiri ya Divayi.

MUNEZERO MILLY FRED / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
Imyidagaduro

Abambere basakaje amashusho ya Yampano bagejejwe imbere y’urukiko

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?