BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Abarimo Nyamitari na Gahongayire bategerejwe mu gitaramo kizayoborwa na Yago

Abarimo Nyamitari na Gahongayire bategerejwe mu gitaramo kizayoborwa na Yago

admin
Last updated: August 10, 2022 5:54 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Patrick Nyamitari nyuma y’imyaka 10 yinjiye mu muziki utari uwo kuramya no guhimbaza Imana ategerejwe mu gitaramo azahuriramo n’abarimo Aline Gahongayire kizayoborwa n’umunyamakuru Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago.

Patrick Nyamitari avuga ko uzaba umwanya wo gushimira abamubaye hafi mu rugendo rwa muzika

Ni igitaramo kizaba kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Kanama 2022 cyiswe “Assomption Celebration” kizabera muri Great Hotel mu Kiyovu.

Patrick Nyamitari hari hashize imyaka isaga 10 atangaje ko yinjiye mu ndirimbo zisanzwe benshi bita iz’Isi, mbere yakoraga izo kuramya no guhimbaza Imana.

Icyo gihe yavuze ko atangiye kuririmba indirimbo zirimo n’ubundi butumwa butandukanye harimo urukundo, isanamitima n’ubundi bushishikariza amahoro no kunga ubumwe.

Mu myaka 10 yari itambutse uyu muhanzi nta bitaramo byo kuramya no guhimbaza Imana yatumirwagamo nk’uko byahoze mbere y’uko yinjira mu z’Isi (Secural Music).

Yabwiye UMUSEKE ko mbere y’uko ashyira hanze album nshya yifuje gutaramira abakunzi be.

Ati ” Mbere y’uko nshyira hanze Album yanjye nifuje kuba nataramira abakunzi banjye nkabaha indamukanyo inoze isobetse umuriri w’injyana nziza irata ubuzima ku munsi ubanziriza Assomption.”

Yavuze ko abakunzi ba Gospel bazaryoherwa kuri uwo munsi aho azanyuzamo akaririmba atanga n’ubundi butumwa mu ndirimbo ze zinyura amatwi ya benshi.

Muri iki gitaramo cyateguwe na Umushanana Record n’abitwa Dream Land kizitabirwa kandi na Rwanda Catholique All Stars ndetse na Aline Gahongayire.

Iki gitaramo byitezwe ko kizayoborwa n’umunyamakuru uri mubakunzwe mu Rwanda Nyarwaya Innocent uzwi nka YAGO kuri Youtube.

Kwinjira muri iki gitaramo ni 10.000 Frw ahasanzwe 15000 Frw muri VIP, ameza y’abantu bane ni 90.000Frw aho bazahabwa icupa rya Divayi mu gihe ameza y’abantu batandatu bazishyura 150.000 Frw bahabwe amacupa abiri ya Divayi.

MUNEZERO MILLY FRED / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?