BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Abarimo Nyamitari na Gahongayire bategerejwe mu gitaramo kizayoborwa na Yago

Abarimo Nyamitari na Gahongayire bategerejwe mu gitaramo kizayoborwa na Yago

admin
Last updated: August 10, 2022 5:54 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Patrick Nyamitari nyuma y’imyaka 10 yinjiye mu muziki utari uwo kuramya no guhimbaza Imana ategerejwe mu gitaramo azahuriramo n’abarimo Aline Gahongayire kizayoborwa n’umunyamakuru Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago.

Patrick Nyamitari avuga ko uzaba umwanya wo gushimira abamubaye hafi mu rugendo rwa muzika

Ni igitaramo kizaba kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Kanama 2022 cyiswe “Assomption Celebration” kizabera muri Great Hotel mu Kiyovu.

Patrick Nyamitari hari hashize imyaka isaga 10 atangaje ko yinjiye mu ndirimbo zisanzwe benshi bita iz’Isi, mbere yakoraga izo kuramya no guhimbaza Imana.

Icyo gihe yavuze ko atangiye kuririmba indirimbo zirimo n’ubundi butumwa butandukanye harimo urukundo, isanamitima n’ubundi bushishikariza amahoro no kunga ubumwe.

Mu myaka 10 yari itambutse uyu muhanzi nta bitaramo byo kuramya no guhimbaza Imana yatumirwagamo nk’uko byahoze mbere y’uko yinjira mu z’Isi (Secural Music).

Yabwiye UMUSEKE ko mbere y’uko ashyira hanze album nshya yifuje gutaramira abakunzi be.

Ati ” Mbere y’uko nshyira hanze Album yanjye nifuje kuba nataramira abakunzi banjye nkabaha indamukanyo inoze isobetse umuriri w’injyana nziza irata ubuzima ku munsi ubanziriza Assomption.”

Yavuze ko abakunzi ba Gospel bazaryoherwa kuri uwo munsi aho azanyuzamo akaririmba atanga n’ubundi butumwa mu ndirimbo ze zinyura amatwi ya benshi.

Muri iki gitaramo cyateguwe na Umushanana Record n’abitwa Dream Land kizitabirwa kandi na Rwanda Catholique All Stars ndetse na Aline Gahongayire.

Iki gitaramo byitezwe ko kizayoborwa n’umunyamakuru uri mubakunzwe mu Rwanda Nyarwaya Innocent uzwi nka YAGO kuri Youtube.

Kwinjira muri iki gitaramo ni 10.000 Frw ahasanzwe 15000 Frw muri VIP, ameza y’abantu bane ni 90.000Frw aho bazahabwa icupa rya Divayi mu gihe ameza y’abantu batandatu bazishyura 150.000 Frw bahabwe amacupa abiri ya Divayi.

MUNEZERO MILLY FRED / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Imyidagaduro

Umusizi Saranda ari mu gahinda ko gupfusha mama we

1 Min Read
Imyidagaduro

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?