BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abanyamuryango ba Ferwafa barayinenga kutavugurura amategeko

Abanyamuryango ba Ferwafa barayinenga kutavugurura amategeko

admin
Last updated: July 23, 2022 3:34 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, ryatunzwe urutoki n’abanyamuryango baryo bayishinja kutavugurura amategeko arigenga kandi ahari atajyanye n’igihe.

Abanyamuryango ba Ferwafa

Kuri uyu wa Gatandatu, hateranye inama y’Inteko rusange isanzwe yahuje Abanyamurango ba Ferwafa hagamijwe kungurana ibitekerezo ku hazaza h’iri Shyirahamwe rireberera umupira w’amaguru w’u Rwanda.

Mu ijambo rye, Dukuzumuremyi Antoine uyobora Komisiyo ishinzwe kugenzura umutungo wa Ferwafa, yavuze ko bibabaje kuba mu mategeko agenga iri shyirahamwe harimo ibihanga kandi mu nteko rusange zitandukanye haremejwe ivugururwa rya yo.

Ati “Hari ibintu tujya twemeza nk’imyanzuro ariko ntibishyirwe mu bikorwa, ugasanga bigaragara nabi. Natanga nk’ingero. Hari umwanzuro twafashe 2019 ujyanye no kuvugurura amategeko. Tumaze kubyigaho inshuro zirenze eshatu, n’ubushize twabivuzeho.”

Yongeyeho ati “Ariko kugeza ubu, amategeko ya Ferwafa ntavugururwa kandi abanyamuryango bibaza impamvu kandi niho ibisubizo by’ibibazo byose twibaza. Haribazwa impamvu bidashyirwa mu bikorwa.”

Amategeko y’iri shyirahamwe yakunze guteza ibibazo, kuko hari ibibazo byagiye bigaragara mu myaka yashize ariko ugasanga ntacyo amategeko ya Ferwafa abivugaho bigatuma haba kurebana ay’ingwe hagati ya bamwe mu banyamuryango b’iri shyirahamwe.

Ikibazo giheruka guteza impagarara muri Ferwafa, ni ubwo ikipe ya Heroes FC na Gicumbi FC zamanurwaga mu Cyiciro cya Kabiri nyamara ntabwo shampiyona yigeze irangira kubera Covid-19 kuko yahagaze bageze ku munsi wa 23 ariko izi kipe zombi zimanurwa zizize ko zari mu myanya ibiri ya nyuma [15 na 16].

Abanyamuryango banenze FERWAFA

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?