BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abanyamuryango ba Ferwafa barayinenga kutavugurura amategeko

Abanyamuryango ba Ferwafa barayinenga kutavugurura amategeko

admin
Last updated: July 23, 2022 3:34 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, ryatunzwe urutoki n’abanyamuryango baryo bayishinja kutavugurura amategeko arigenga kandi ahari atajyanye n’igihe.

Abanyamuryango ba Ferwafa

Kuri uyu wa Gatandatu, hateranye inama y’Inteko rusange isanzwe yahuje Abanyamurango ba Ferwafa hagamijwe kungurana ibitekerezo ku hazaza h’iri Shyirahamwe rireberera umupira w’amaguru w’u Rwanda.

Mu ijambo rye, Dukuzumuremyi Antoine uyobora Komisiyo ishinzwe kugenzura umutungo wa Ferwafa, yavuze ko bibabaje kuba mu mategeko agenga iri shyirahamwe harimo ibihanga kandi mu nteko rusange zitandukanye haremejwe ivugururwa rya yo.

Ati “Hari ibintu tujya twemeza nk’imyanzuro ariko ntibishyirwe mu bikorwa, ugasanga bigaragara nabi. Natanga nk’ingero. Hari umwanzuro twafashe 2019 ujyanye no kuvugurura amategeko. Tumaze kubyigaho inshuro zirenze eshatu, n’ubushize twabivuzeho.”

Yongeyeho ati “Ariko kugeza ubu, amategeko ya Ferwafa ntavugururwa kandi abanyamuryango bibaza impamvu kandi niho ibisubizo by’ibibazo byose twibaza. Haribazwa impamvu bidashyirwa mu bikorwa.”

Amategeko y’iri shyirahamwe yakunze guteza ibibazo, kuko hari ibibazo byagiye bigaragara mu myaka yashize ariko ugasanga ntacyo amategeko ya Ferwafa abivugaho bigatuma haba kurebana ay’ingwe hagati ya bamwe mu banyamuryango b’iri shyirahamwe.

Ikibazo giheruka guteza impagarara muri Ferwafa, ni ubwo ikipe ya Heroes FC na Gicumbi FC zamanurwaga mu Cyiciro cya Kabiri nyamara ntabwo shampiyona yigeze irangira kubera Covid-19 kuko yahagaze bageze ku munsi wa 23 ariko izi kipe zombi zimanurwa zizize ko zari mu myanya ibiri ya nyuma [15 na 16].

Abanyamuryango banenze FERWAFA

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?