BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abanyamuryango ba Ferwafa barayinenga kutavugurura amategeko

Abanyamuryango ba Ferwafa barayinenga kutavugurura amategeko

admin
Last updated: July 23, 2022 3:34 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, ryatunzwe urutoki n’abanyamuryango baryo bayishinja kutavugurura amategeko arigenga kandi ahari atajyanye n’igihe.

Abanyamuryango ba Ferwafa

Kuri uyu wa Gatandatu, hateranye inama y’Inteko rusange isanzwe yahuje Abanyamurango ba Ferwafa hagamijwe kungurana ibitekerezo ku hazaza h’iri Shyirahamwe rireberera umupira w’amaguru w’u Rwanda.

Mu ijambo rye, Dukuzumuremyi Antoine uyobora Komisiyo ishinzwe kugenzura umutungo wa Ferwafa, yavuze ko bibabaje kuba mu mategeko agenga iri shyirahamwe harimo ibihanga kandi mu nteko rusange zitandukanye haremejwe ivugururwa rya yo.

Ati “Hari ibintu tujya twemeza nk’imyanzuro ariko ntibishyirwe mu bikorwa, ugasanga bigaragara nabi. Natanga nk’ingero. Hari umwanzuro twafashe 2019 ujyanye no kuvugurura amategeko. Tumaze kubyigaho inshuro zirenze eshatu, n’ubushize twabivuzeho.”

Yongeyeho ati “Ariko kugeza ubu, amategeko ya Ferwafa ntavugururwa kandi abanyamuryango bibaza impamvu kandi niho ibisubizo by’ibibazo byose twibaza. Haribazwa impamvu bidashyirwa mu bikorwa.”

Amategeko y’iri shyirahamwe yakunze guteza ibibazo, kuko hari ibibazo byagiye bigaragara mu myaka yashize ariko ugasanga ntacyo amategeko ya Ferwafa abivugaho bigatuma haba kurebana ay’ingwe hagati ya bamwe mu banyamuryango b’iri shyirahamwe.

Ikibazo giheruka guteza impagarara muri Ferwafa, ni ubwo ikipe ya Heroes FC na Gicumbi FC zamanurwaga mu Cyiciro cya Kabiri nyamara ntabwo shampiyona yigeze irangira kubera Covid-19 kuko yahagaze bageze ku munsi wa 23 ariko izi kipe zombi zimanurwa zizize ko zari mu myanya ibiri ya nyuma [15 na 16].

Abanyamuryango banenze FERWAFA

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?