BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abantu 9 barimo abapolisi babiri bafungiwe guha perimi abatarazikoreye

Abantu 9 barimo abapolisi babiri bafungiwe guha perimi abatarazikoreye

admin
Last updated: October 21, 2022 2:53 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu 9 barimo abapolisi babiri bakurikiranyweho ibyaha byo gufasha abantu kubona impushya zo gutwara ibinyabiziga mu bunyuranyije n’amategeko.

Aba bose batahuwe nyuma y’uko Polisi ihuje amakuru anyuranye harimo ayo bahawe n’abaturage ndetse hagakorwa iperereza kuri aya makuru babaga bahawe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko aba bantu bafashwe barimo abarimu bigisha gutwara ibinyabiziga n’abapolisi babiri, batahuwe nyuma y’iminsi bakora iperereza ku makuru babaga bahawe y’uko bagira uruhare mu itangwa ry’impushya zo gutwara ibinyabiziga batazikoreye.

Ati “Harimo abantu abakomisiyoneri, abantu bigisha mu mashuri yo gutwara ibinyabiziga bakoranye n’abapolisi kugirango abantu babone izo mpushya batazikoreye cyangwa byakozwe mu buryo butemewe n’amategeko. Twari tumaze igihe tubikurikirana, buri gihe duhora dusuzuma imitangire yacu ya serivise n’ibyo abaturage bavuga n’amakuru baduha, kabone niyo abo bantu baba batafashwe nagirango mbizezeko tuba dukurikirana.”

Aba bantu bose uko ari 9 ibyaha bakekwaho babikoreye hirya no hino mu gihugu harimo abafatiwe mu Mujyi wa Kigali, Muhanga, Nyaruguru n’ahandi.

CP John Bosco Kabera, yongeye kwibutsa abantu ko Polisi iri maso kandi uburyo bunoze bwo gukora ibizamini byo kubona impushya zo gutwara ibinyabiziga buhari, ndetse bakirinda kwishora mu byaha nk’ibi.

Ati “Twakifuje ko ibi bintu bitakongera kugaragara kuko uburyo bwo gukora ibizamini burahari, niyo waba utabikoreye kuberako gahunda itatangajwe ntabwo ukwiye kwishora mu kurenga amategeko y’uburyo ibintu bikorwa ku buryo bishobora kukuviramo icyaha kandi ukabibazwa. Abantu bagomba kumva ko nizo mpushya zihita ziteshwa agaciro kuko bazibonye mu buryo butaribwo.”

Umuvugizi wa Polisi yashimangiye ko bakomeje gukangurira abantu kumva ko badakwiye guca mu nzira nk’izi z’ubusamo ndetse bakigisha abantu gutanga amakuru ku bintu nk’ibi.

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

Musanze: Yafatanywe ibiro bisaga 6 by’urumogi arimo kurukwirakwiza

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 werurwe 2026,…

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?