BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abantu 9 barimo abapolisi babiri bafungiwe guha perimi abatarazikoreye

Abantu 9 barimo abapolisi babiri bafungiwe guha perimi abatarazikoreye

admin
Last updated: October 21, 2022 2:53 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu 9 barimo abapolisi babiri bakurikiranyweho ibyaha byo gufasha abantu kubona impushya zo gutwara ibinyabiziga mu bunyuranyije n’amategeko.

Aba bose batahuwe nyuma y’uko Polisi ihuje amakuru anyuranye harimo ayo bahawe n’abaturage ndetse hagakorwa iperereza kuri aya makuru babaga bahawe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko aba bantu bafashwe barimo abarimu bigisha gutwara ibinyabiziga n’abapolisi babiri, batahuwe nyuma y’iminsi bakora iperereza ku makuru babaga bahawe y’uko bagira uruhare mu itangwa ry’impushya zo gutwara ibinyabiziga batazikoreye.

Ati “Harimo abantu abakomisiyoneri, abantu bigisha mu mashuri yo gutwara ibinyabiziga bakoranye n’abapolisi kugirango abantu babone izo mpushya batazikoreye cyangwa byakozwe mu buryo butemewe n’amategeko. Twari tumaze igihe tubikurikirana, buri gihe duhora dusuzuma imitangire yacu ya serivise n’ibyo abaturage bavuga n’amakuru baduha, kabone niyo abo bantu baba batafashwe nagirango mbizezeko tuba dukurikirana.”

Aba bantu bose uko ari 9 ibyaha bakekwaho babikoreye hirya no hino mu gihugu harimo abafatiwe mu Mujyi wa Kigali, Muhanga, Nyaruguru n’ahandi.

CP John Bosco Kabera, yongeye kwibutsa abantu ko Polisi iri maso kandi uburyo bunoze bwo gukora ibizamini byo kubona impushya zo gutwara ibinyabiziga buhari, ndetse bakirinda kwishora mu byaha nk’ibi.

Ati “Twakifuje ko ibi bintu bitakongera kugaragara kuko uburyo bwo gukora ibizamini burahari, niyo waba utabikoreye kuberako gahunda itatangajwe ntabwo ukwiye kwishora mu kurenga amategeko y’uburyo ibintu bikorwa ku buryo bishobora kukuviramo icyaha kandi ukabibazwa. Abantu bagomba kumva ko nizo mpushya zihita ziteshwa agaciro kuko bazibonye mu buryo butaribwo.”

Umuvugizi wa Polisi yashimangiye ko bakomeje gukangurira abantu kumva ko badakwiye guca mu nzira nk’izi z’ubusamo ndetse bakigisha abantu gutanga amakuru ku bintu nk’ibi.

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Ubutabera

Rubavu: Afungiwe guhisha amakuru y’ahari imibiri 7 y’Abatutsi se yishe muri Jenosideq

4 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?