BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Abaganga ‘bahangayikishijwe’ n’ubuzima bw’umwamikazi w’Ubwongereza

Abaganga ‘bahangayikishijwe’ n’ubuzima bw’umwamikazi w’Ubwongereza

admin
Last updated: September 8, 2022 5:55 pm
admin
Share
SHARE

Abaganga bakurikiranye ubuzima bw’Umwamikazi Elizabeth II batangaje ko bahangayitse kubera ko uyu mukecuru w’imyaka 96 atameze neza.

Ubuzima bw’umwamikazi Elizabeth II w’Ubwongereza bumeze nabi

Umwamikazi Elizabeth II akurikiranwe n’abaganga aho atuye nyuma yo kugaragaza impungenge ku buzima bwe.

Itangazo ryasohowe n’i Bwami kuri uyu wa kane rivuga ko “Nyuma y’isuzuma ryakozwe muri iki gitondo, abaganga b’Umwamikazi bahangayikishijwe n’ubuzima bwa Nyiricyubahiro, kandi bamusabye ko yakomeza kugenzurwa n’abavuzi.”

Iri tangazo ryavuze ko Umwamikazi Elizabeth II arwariye mu gace ka Balmoral muri Scotland. Igikomangoma Charles n’umugore wacyo Camilla bagiye kumuba iruhande.

Prince William n’umugore we Katte Middleton nabo bari mu nzira berekeza i Balmoral muri Scotland.

Nk’uko umuvugizi w’aba bombi abitangaza, Harry na Meghan, bari mu birori by’ubugiraneza , ubu bagiye i Balmoral. Abandi bagize umuryango berekeje mu ngoro y’i Bwami.

Arkiyepiskopi wa Westminster, Karidinali Vincent Nichols, umuyobozi wa kiliziya Gatolika mu Bwongereza, mu ijambo rye yavuze ko “ahangayikishijwe no kumva amakuru ajyanye n’ubuzima bwa Nyiricyubahiro Umwamikazi.”

Minisitiri w’Intebe mushya w’Ubwongereza Liz Truss mu butumwa yanditse kuri Twitter yagize ati “Ibitekerezo byanjye n’ibitekerezo by’abantu hirya no hino mu Bwongereza, turi kumwe na Nyiricyubahiro Umwamikazi n’umuryango we muri iki gihe.” 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?